00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yatangiye kugenzura umupaka wa Rusizi I ku ruhande rwa RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 February 2025 saa 11:41
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangiye kugenzura umupaka wa Rusizi I ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kwinjira mu Mujyi wa Bukavu ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ubwo abarwanyi ba M23 binjiraga muri uyu mujyi mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025, abashinzwe umutekano barindaga uyu mupaka ku ruhande rwa RDC bahunze.

Ahagana Saa Mbiri z’iki gitondo, Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yagaragaje ko abatuye muri Bukavu bari guhumeka umwuka wo kubohorwa. Ni ubutumwa bwacaga amarenga ko uyu mujyi wafashwe.

Mu masaha ya Saa Yine, abarwanyi ba M23 bagaragaye kuri uyu mupaka uri ku kiraro cy’uruzi rwa Rusizi ruhuza u Rwanda na RDC, bahacungira umutekano.

Abarwanyi ba M23 bagenzura imipaka yose RDC ihuriyeho n’u Rwanda, kuva bafata Umujyi wa Goma tariki ya 27 Mutarama 2025, kuko abayirindaga ku ruhande rwa Leta ya RDC barahunze.

Ibikorwa byo kuri iyi mipaka byarakomeje, ndetse amasaha yakoreshwaga n’abambuka yariyongereye. Ku mupaka munini uzwi nka La Corniche ndetse n’umuto ahaherera i Goma, hagaragaye ubwiyongere bw’abayambuka kuva M23 yatangiye kuyigenzura.

Abarwanyi ba M23 batangiye kugenzura umupaka wa Rusizi I

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .