00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yatangaje ko idateze kuva muri santere ya Masisi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 January 2025 saa 08:37
Yasuwe :

Umutwe wa M23 watangaje ko udateze kuva muri santere ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru nubwo wabisabwe n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko wayifashe mu rwego rwo kwirinda ibitero by’ingabo za Congo n’abo bafatanyije.

M23 yafashe santere ya Masisi tariki ya 4 Mutarama 2025, nyuma y’umunsi umwe ifashe Katale. Ifatwa ry’utu duce ryabanjirijwe n’imirwano ikomeye yahanganishije uyu mutwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC n’imitwe bifatanyije.

EU na Amerika byagaragaje ko bibabajwe no kuba M23 yarafashe iyi santere, kuko ngo yarenze ku cyemezo cy’agahenge cyagombaga kubahirizwa kuva tariki ya 4 Kanama 2024. Byaboneyeho kuyisaba kukavamo.

Umuvugizi wungirije wa M23, Oscar Balinda, yatangarije BBC Gahuza ko santere ya Masisi yafashwe bitewe n’ibitero ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye ku birindiro byabo, kandi ko badateze kuhava.

Yagize ati “Ibyo bintu bavuga ngo ‘gusubira inyuma’, twebwe twirwanaho…Turahari, ni gakondo yacu, amazina yose nk’uko mubizi ni twe twayise, dufite uburenganzira bwo kuhaba. Ntabwo tuhava.”

Yakomeje ati “Ntabwo twavuye muri Sabyinyo ngo dufate Jomba tudatewe. Baraduteye intumwa zacu ziri i Kinshasa, zagiye gushaka ibiganiro by’amahoro. Intambara rero ni aho yatangiriye kugeza magingo aya ngaya.”

Balinda yasobanuye ko agahenge M23 yashyizeho umukono ari ako ku wa 7 Werurwe 2023, ubwo abayihagarariye bahuriraga i Luanda na Perezida João Lourenço wa Angola, yibutsa ko Leta ya RDC yanze gushyiraho umukono.

Abarwanyi ba M23 bafashe santere ya Masisi mu cyumweru gishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .