00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yashinje ingabo za RDC n’iz’u Burundi gusahura Bukavu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 February 2025 saa 02:30
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko abasirikare bo mu ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basahuye imitungo y’abaturage ubwo bavaga mu mujyi wa Bukavu.

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 15 Gashyantare 2025 yasobanuye ko aba basirikare basahuye, banakora ubundi bugizi bwa nabi nyuma y’aho abarwanyi b’uyu mutwe bafashe ikibuga cy’indege cya Kavumu.

Yagize ati “Nyuma yo gutsindwa, FARDC n’abakorana na yo bakwiye imishwaro bahunga, basiga umujyi wa Bukavu nyuma yo gusahura no gukora andi marorerwa.”

Nyuma y’aho abarwanyi ba M23 binjiye muri Bukavu ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Gashyantare 2025, Kanyuka yasabye abaturage kuguma muri uyu mujyi, abizeza ko bazabarinda ubugizi bwa nabi bw’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC.

Yagize ati “Turasaba abaturage kuguma mu mujyi kandi ntibahangayike. AFC/M23 izakomeza kurinda abo muri Bukavu abasirikare b’imyitwarire mibi ba FARDC n’abakorana nabo mu gihe bagerageza kugaruka kugira ngo bakore andi marorerwa.”

Zimwe mu ngabo za RDC, iz’u Burundi, FDLR na Wazalendo zahungiye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Bukavu, hafi y’umupaka wa Kamanyola, ubwo abarwanyi ba M23 binjiraga muri uyu mujyi.

Kanyuka yasabye ingabo z’u Burundi kuva muri RDC, cyane cyane mu duce twa Nkomo, Nyangezi n’ikibaya cya Ruzizi; agaragaza ko impamvu yazikuye mu gihugu cyazo idafite ishingiro.

Ihuriro ry'ingabo za RDC ryasize risahuye umujyi wa Bukavu
Kanyuka yasabye abaturage kuguma muri Bukavu, abizeza ko M23 ibarindira umutekano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .