00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yasabye ibigo bya Leta bikorera muri Bukavu gusubukura imirimo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 February 2025 saa 08:28
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa M23 kuri uyu wa 22 Gashyantare 2025 wasabye ibigo bya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikorera mu mujyi wa Bukavu ko byasubukura imirimo.

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibigo birebwa n’iri tangazo birimo REGIDESO ishinzwe gukwirakwiza amazi, SNEL ishinzwe ingufu z’amashanyarazi, ibigo by’uburezi, ibigo by’ubuzima na Radiyo na Televiziyo y’igihugu (RTNC).

Ibi bigo byafunze imiryango ubwo abarwanyi ba M23 binjiraga muri Bukavu tariki ya 16 Gashyantare 2025. Icyo gihe hari impungenge ko bashoboraga kurwana n’ihuriro ry’ingabo za RDC ryari ryahungiye mu majyepfo y’uburasirazuba bw’uyu mujyi.

Bamwe mu bakozi b’ibi bigo barahunze, hasigara bake, gusa M23 yasabye ko ibi bigo ko byakoresha abo bisigaranye.

Kuva M23 yafata uyu mujyi, yatangiye ibikorwa byo gukura mu baturage ibishobora guhungabanya umutekano wawo, cyane cyane intwaro ihuriro ry’ingabo za RDC ryari ryanyanyagije mu bana.

M23 ihamya ko yamaze kugarura umutekano muri uyu mujyi, ndetse yanijeje abaturage bawutuyemo ko itazawuvamo, ahubwo ko izakomeza kubarinda.

Lawrence Kanyuka yasabye ibi bigo ko byakoresha abakozi bisigaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .