M23 yinjiye muri uyu mujyi nyuma yo gufata ibice byo mu nkengero zawo birimo Ngora, Kisima na Mubanda kuri uyu wa 19 Werurwe 2025. Ingabo za RDC zawurindaga zahunze zigana mu cyerekezo cya Kisangani, mu ntara ya Tshopo.
Imirwano yabaye nyuma y’aho ihuriro ry’ingabo za RDC rigabye ibitero ku birindiro bya M23 biri mu bice yari iherutse gufata muri Walikale, birimo Mpofu na Kibua, byatumye isubira inyuma.
Imirwano muri Walikale yatangiye mu ntangiriro ya Werurwe nyuma y’iminsi abarwanyi ba M23 bahanganiye n’ihuriro ry’ingabo za RDC mu burengerazuba bwa teritwari ya Masisi.
Ubwo M23 yari imaze gufata agace ka Nyabiondo na Kashebere, tariki ya 13 Werurwe sosiyete Alphamin y’Abanyamerika n’Abanya-Canada yahagaritse ubucukuzi bwa Gasegereti mu birombe bya Bisie.
Bisie ivamo 4% cy’umusaruro wa Gasegereti wose ku Isi. Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, Alphamin yacukuyemo toni 3187 z’aya mabuye y’agaciro.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!