00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 ibona ko Leta ya RDC ikwiye gufatirwa ibihano

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 26 February 2025 saa 09:48
Yasuwe :

Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yagaragaje ko umuryango mpuzamahanga ukwiye gufatira ibihano ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko bukomeje kwanga gushyira mu bikorwa icyemezo cy’abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC.

Bisimwa yatangiye ubu butumwa ku wa 25 Gashyantare 2025, mu gihe ubutegetsi bwa RDC bukomeje kwanga ubusabe bw’abakuru b’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) bwo kuganira na M23.

Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yavuze ko adashobora kuganira na M23 kuko ngo ni umutwe w’iterabwoba, wica abaturage. Ibyo M23 yabiteye utwatsi, igaragaza ko ahubwo irwanirira Abanye-Congo bakomeje gutotezwa.

Benshi bemeza ko ibi birego bya RDC kuri M23, bigamije kuyobya uburari ndetse no guhimba impamvu ituma ibiganiro hagati y’impande zombi bidashoboka.

Bisimwa yagize ati “Amatangazo ya politiki y’imiryango mpuzamahanga n’ibihugu ari guturuka ahantu hose, asaba ibiganiro bitaziguye hagati ya Kinshasa na Goma [M23), ibyo twasabye mu myaka irenga ine. Ni inkuru nziza ku mahoro mu Burasirazuba bwa RDC.”

Yagaragaje ko mu gihe iyi miryango n’ibihugu bikomeza kurebera ukwinangira kwa Leta ya RDC, bizatuma Tshisekedi akomeza kwanga imyanzuro yafasha Uburasirazuba bwa RDC kugira amahoro.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika iherutse gufatira Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, ibihano by’ubukungu, imuziza kugira uruhare rukomeye mu bikorwa by’uyu mutwe.

Bisimwa yabajije iyi miryango n’ibihugu ibihano biteganyiriza Leta ya RDC, ati “Ni ibihe bihano biteganyirizwa Kinshasa yanze ibiganiro?”

Tshisekedi yanze kwitabira mu buryo bw’imbonankubone inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC yabereye i Dar es Salaam tariki ya 8 Gashyantare, nyamara baraganiraga ku buryo Uburasirazuba bwa RDC bwabonekamo amahoro.

No mu nama y’abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabaye tariki ya 15 Gashyantare, Tshisekedi ntiyabonetse kuko yari yagiye i Munich mu Budage. Muri iyi nama, AU yashyigikiye imyanzuro ya EAC na SADC kuri RDC.

Abahagarariye ibihugu byo muri EAC na SADC bakomeje kuganira ku kibazo cy’Uburasirazuba bwa RDC, cyane cyane ku buryo imyanzuro yafashwe tariki ya 8 Gashyantare irimo guhagarika imirwano yakubahirizwa.

Leta ya RDC yo ikomeje gusaba ibihugu bikomeye ku Isi gufatira u Rwanda ibihano, irushinja gufasha M23. Ni ibirego rwahakanye kenshi, rugaragaza ko ibihano bidashobora gukemura ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC.

Bertrand Bisimwa yabajije imiryango mpuzamahanga n'ibihugu ibihano biri gutegurira Leta ya RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .