00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni yemeje ko ingabo z’u Burundi zirenga 35 ziciwe muri Kivu y’Amajyepfo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 10 December 2024 saa 07:23
Yasuwe :

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko hagati ya tariki ya 25 Nzeri n’iya 26 Ukwakira 2024, ingabo z’u Burundi zirenga 35 zikorera mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zapfuye.

Nk’uko iyi raporo ibisobanura, izi ngabo zapfiriye mu mirwano yazihanganishije n’umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya Leta y’u Burundi, ufite ibirindiro muri Kivu y’Amajyepfo.

Muri iyi mirwano kandi, hakomeretse ingabo z’u Burundi zirenga 15 zirimo umuyobozi wungirije wazo muri Kivu y’Amajyepfo.

Kuva muri Nzeri 2024, Umuvugizi wa RED Tabara, Patrick Nahimana, yatangaje ko abarwanyi babo bakomeje kwica ingabo z’u Burundi, ziri kwifatanya muri iyi mirwano n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

Nahimana tariki ya 25 Nzeri yagize ati “Bigaragara ko FDLR ari yo ishishikaye cyane ku rugamba, bitandukanye na FDNB batabishaka, bakabiharira FDLR. FDNB yarahombye cyane, itakaza abasirikare barenga 20, abandi batabarika barakomereka.”

Tariki ya 26 Ukwakira 2024, RED Tabara na bwo yatangaje ko yiciye abasirikare b’u Burundi 45 mu mirwano yabereye mu misozi ya Itombwe, barimo Lt Col Simon Nyandwi.

Tariki ya 25 Ugushyingo 2024, RED Tabara yongeye gutangaza ko yiciye abasirikare b’u Burundi icyenda mu mirwano yabereye mu gace ka Rubwebwe Tawundi, barimo Colonel wayoboraga ikigo cyaho n’umwungirije.

Kuva muri Nzeri, Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi, Brig Gen Gaspard Baratuza yahakanye aya makuru ya RED Tabara, asobanura ko ahubwo uyu mutwe witwaje intwaro ari wo watakaje abarwanyi benshi.

Tariki ya 26 Ugushyingo, Brig Gen Baratuza yagize ati “Ntihagire uha agaciro ibiri muri iri tangazo ry’ubusazi. Vuba, FDNB izabereka ubuhamya bw’abarwanyi ba RED Tabara bafashwe mpiri ndetse n’abishyikirije ingabo zacu ziri ku rugamba.”

Ingabo z’u Burundi zikorera muri Kivu y’Amajyepfo kuva muri Kanama 2023, hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye yo gukemura ikibazo cy’umutekano muke. Igikomeye cyazijyanye muri iyi ntara ni ukurwanya imitwe irimo RED Tabara, FOREBU na FNL.

Loni yatangaje ko ingabo z'u Burundi zirenga 35 zapfiriye mu mirwano yabereye mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo
Inshuro nyinshi RED Tabara yatangaje ko yishe ingabo z'u Burundi, Brig Gen Baratuza yarabihakanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .