Uyu muyobozi yasobanuye ko aba bose bari mu kigero cy’imyaka y’amavuko iri hagati ya 18 na 35 kandi ko bose babarizwaga mu mutwe w’amabandi wa Kuluna umaze igihe kinini uhungabanya umutekano mu mujyi wa Kinshasa.
Minisitiri Mutamba kuri uyu wa 5 Mutarama 2025 yatangaje ko hari abantu 45 biciwe muri gereza ya Angenga icungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru, mu mpera z’Ukuboza 2024, abandi 57 bicwa mu masaha 48 ashize.
Hari abandi 70 bafatiwe muri ‘Opération Ndobo’ yo kurwanya umutwe wa Kuluna mu mujyi wa Kinshasa. Minisitiri Mutamba yasobanuye ko na bo bamaze kugera muri gereza ya Angenga, aho bategerereje igihano cy’urupfu.
Uyu muyobozi yagize ati “Abo mu cyiciro cya gatatu bazicwa. Abo mu byiciro bibiri bamaze kwicwa nyuma yo gukatirwa igihano cy’urupfu.”
Leta ya RDC yafashe icyemezo cyo gusubukura ishyirwa mu bikorwa ry’igihano cy’urupfu muri Werurwe 2024, nyuma y’imyaka 18 risubitswe. Yasobanuye ko byaturutse ku ntambara iri kubera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’ibyaha bikorerwa mu mijyi.
Imiryango mpuzamahanga irimo ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ryasabye Leta ya RDC gukuraho iki gihano, ugaragaza impungenge z’uko bitewe n’uko ubutabera bwo muri iki gihugu budakora neza, hari abashobora kuzira ubusa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!