Minisitiri Shabani yagejeje ubu busabe ku Mushinjacyaha tariki ya 24 Mata 2025, asobanura ko PPRD itubahirije ingingo z’Itegeko Nshinga, amategeko n’amabwiriza.
Uyu muyobozi yashinje abayobozi benshi ba PPRD gushyigikira ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta, asobanura ko bagira uruhare mu guhungabanya ubwigenge n’ubusugire bwa RDC.
Yasobanuriye Umushinjacyaha ko kuba umuyobozi w’icyubahiro, Joseph Kabila, yarasuye umujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23 bigaragaza ko iri shyaka rifite uruhare mu ntambara ibera mu burasirazuba bwa RDC.
Kuri Visi Perezida wa PPRD, Aubin Minaku, Minisitiri Shabani yavuze ko muri Gashyantare 2025, uyu munyapolitiki yatangaje ko ishyaka ryabo rizakora ibishoboka byose kugira ngo ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buveho.
Minisitiri Shabani yagaragaje ko ibi byose bigaragaza ko PPRD ari ishyaka rifite umugambi wo gusenya RDC, bityo ko na ryo rikwiye gusenywa hifashishijwe amategeko.
Ubusabe bwo gusenya PPRD bukurikiye icyemezo Minisitiri Shabani yafashe cyo guhagarika ibikorwa byose by’iri shyaka muri RDC, nyuma y’uruzinduko Kabila yagiriye i Goma tariki ya 18 Mata.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!