00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kivu y’Amajyepfo: Abandi Bashinwa batatu bafunzwe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 January 2025 saa 07:44
Yasuwe :

Abashinzwe umutekano n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bafunze abandi Bashinwa batatu bakekwaho gusahura umutungo w’iki gihugu, ingingo bamwe bafata nk’igikorwa kigamije guhisha imiyoborere mibi iranga icyo gihugu, ikunze kwimika ruswa n’inyerezwa ry’umutungo wa rubanda.

Aba Bashinwa bivugwa ko bafatanywe udupaki 10 twa zahabu n’amadolari ya Amerika ibihumbi 800 bari babitse mu mufuka, nk’uko ubuyobozi bw’iyi ntara bwabisobanuriye itangazamakuru kuri uyu wa 4 Mutarama 2025.

Bafashwe nyuma y’ibyumweru bibiri ubu buyobozi bufashe abandi 17 bashinjwaga gucukura amabuye y’agaciro muri Kivu y’Amajyepfo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gusa bo bararekuwe hashingiwe ku ibwiriza ryatanzwe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu.

Ubwo Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi, yamenyaga ko aba Bashinwa bafunguwe, bagasubira iwabo, yatangaje ko byamubabaje, asobanura ko bagombaga kwishyura igihugu cyabo miliyoni 10 z’Amadolari zingana n’umutungo batwaye.

Ubwo Guverineri Purusi yajyaga ku buyobozi muri Kamena 2024, yatangiye imikwabu mu birombe by’amabuye y’agaciro muri iyi ntara, agamije guhagarika abakora ubucukuzi mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Gusa bamwe bavuga ko ibi bikorwa byo gufunga abanyamahanga bakorera mu Bushinwa, bishobora kuba bifitanye isano na gahunda ya bamwe mu bayobozi ba Congo, bifuza kugaragaza abanyamahanga nk’intandaro y’inyerezwa ry’umutungo n’ubukene buri mu baturage, kugira ngo birinde ko abaturage bazabarega kubangiriza umutungo.

Muri make, abanenga iyi gahunda bavuga ko uburyo abanyamahanga bafatwamo bidaca mu mucyo, ntihabeho kugenzura neza abashinjwa ibyaha, iperereza ku buryo ibyo byaha byakozwe n’abo barikoranye ntirikorwe, bityo ntihatangwe ubutabera bunoze.

Bamwe bavuga ko iyi gahunda ishobora kuzarushaho kugira uruhare mu gukumira ishoramari rituruka mu mahanga mu birombe bya Congo, kuko abarikora bahohoterwa, kandi ntibahabwe uburenganzira bukwiriye.

Ubuyobozi bwa Congo bwakunze kunengwa ibirimo ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu, gusa bugashinjwa guhisha ibyo bikorwa binyuze mu kubyegeka ku bandi, mu rwego rwo kwirinda kwikururira umujinya w’abaturage.

Aba Bashinwa bafashwe nyuma y'abandi 17 bafashwe mu byumweru bitatu bishize
Bafatanywe udupaki twa zahabu n'amadolari ibihumbi 800

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .