Hashingiwe ku cyemezo cya Guverinoma ya RDC cyo muri Werurwe 2024, abakatirwa igihano cy’urupfu barimo abahamywa icyaha cyo kugambanira igihugu, ubwicanyi n’ubujura bwitwaje intwaro.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 6 Mutarama 2025, Minisitiri Mutamba, yasobanuye ko igihano cy’urupfu cyahagarika inyerezwa ry’umutungo w’igihugu.
Yagize ati “Nitumara gushyiraho ibiro by’ubushinjacyaha ku mari, tuzasaba ko abanyereza umutungo w’igihugu bashyirirwaho igihano cy’urupfu kugira ngo niba wibye amafaranga ya Leta, ukatirwe igihano cy’urupfu, wicwe.”
Inzego z’umutekano za RDC zikomeje guta muri yombi abo mu mutwe wa Kuluna bashinjwa gukorera ubujura bwitwaje intwaro mu mujyi wa Kinshasa. Bajyanwa muri gereza zicungiwe umutekano cyane, aho bategerereje kwicwa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!