Abatuye muri uyu mujyi batangaje ko uguhangana hagati y’abasirikare n’abapolisi kumaze iminsi, kuko impande zombi zitumvikana ku buryo amabandi afatwamo.
Merveil Temene utuye mu gace ka Kisenso yatangarije ikinyamakuru Actualite ko akenshi bumva abasirikare n’abapolisi barasana, ndetse ngo bamwe byabateye ubwoba ku buryo iyo bwije, bajya kurara mu ngo za bene wabo, kure y’urusaku rw’amasasu.
Ku iraswa ry’aba bapolisi, Temene yagize ati “Abapolisi bashakaga kubanza kubahata ibibazo [amabandi], FARDC irasa abapolisi babiri bahise bapfa.”
Abaturage bavuga ko imwe mu mpamvu zituma habaho uku guhangana, ari ukuba abasirikare bagerageza gukumira abapolisi bafunga abaturage, bashingiye ku mpamvu zitumvikana zirimo ubuzererezi.
Hari uwagize ati “Aba basirikare bari kubuza abapolisi bamunzwe na ruswa kwambura abantu nijoro. Bafungwa abantu babashinja ubuzererezi, icyaha kiri mu mitwe yabo gusa.”
Opération Ndobo yatangiye mu mwaka ushize, hagamijwe kurwanya ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bw’umutwe w’insoresore wa Kuluna, wiganjemo abatagira akazi n’ababaswe n’ibiyobyabwenge.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!