00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Imihanda ibiri yahawe imodoka zizajya zitwara abagenzi ijoro ryose mu minsi mikuru

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 24 December 2024 saa 03:18
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa 24 Ukuboza 2024 kugeza ku wa 5 Mutarama 2025, imodoka zizajya zitwara abagenzi ijoro ryose.

Bwasobanuye ko imihanda izi modoka zizajya zikoresha ari uwa Nyabugogo-Kabuga no mu Mujyi-Remera-Kanombe.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko igiciro cy’urugendo kitahindutse, kandi ko hazakomeza kwishyurwa igiciro ku rugendo umugenzi yakoze.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe byitezwe ko urujya n’uruza rwiyongera mu minsi isoza umwaka wa 2024 n’itangira umwaka mushya wa 2025.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), na rwo rwari ruherutse gufata icyemezo cyo kugabanya umuvundo muri gare ya Nyabugogo mu minsi mikuru.

RURA yasobanuye ko tariki ya 23, 24, iya 30 na 31 Ukuboza 2024, abagenzi bajya mu burasirazuba bava mu mujyi wa Kigali, bazajya bakoresha gare ya Kabuga, abajya mu majyepfo bakoreshe iya Nyamirambo, abajya mu majyaruguru bo bakoreshe iya Nyabugogo.

Umujyi wa Kigali watangaje ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zizajya zikora ijoro ryose mu minsi mikuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .