Ibi babitangaje nyuma y’aho inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 18 Mutarama 2021, yemeje ko Umujyi wa Kigali usubira muri gahunda ya Guma mu rugo ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi bigahagarikwa.
Bamwe mu baganiriye na TV1, bavuga ko bafite impungenge z’uko Guma mu rugo yongerewe ababagana bashobora kuzabura amasanduku bashyinguramo kuko ayo bafite mu bubiko azaba yarashize cyane ko n’aho bakuraga ibikoresho hafunzwe.
Hari uwagize ati “Urabona ko natwe ducuruza ibitanda twibereye mu rugo,isanduku zo gushyingurwamo zo bagomba kuza kuko ni urugendo rwa twese, ntabwo waguma mu rugo ugomba kuza ukazitanga.”
Undi ati ”Amarangi urumva turayakenera, imbaho dukenera kuzibazisha ku mashini kandi ntabwo ari gukora byose ni bintu twakeneraga hanze. Nuko ari ibyumweru bibiri ariko nyuma nibirenga bibiri ububiko bwacu zizaba zishize kandi urumva ko kugira ngo tubone ibindi bizaba ari ikibazo.”
Bifuza ko ngo mbere yo gufunga serivise zitandukanye abantu bajya bateguzwa mbereho gato kugira ngo byibuze bategura iby’ibanze muri aka kazi kuko hari icyo byabafasha mu gutanga iyi serivise ikenerwa na benshi kandi mu buryo butunguranye.
Bemeza ko kuba serivisi nyinshi zitari gukora, byahungabanyije imikorere yabo muri rusange kuko bari kugorwa n’aho bakorera bitewe no kubura ikibatwara.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!