00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya yakuyeho amafaranga yishyuzaga abo muri EAC bajya gukorerayo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 December 2024 saa 10:41
Yasuwe :

Guverinoma ya Kenya yakuriyeho abatuye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) amafaranga yabacaga mu gihe babaga bagiye gukorera muri icyo gihugu.

Iteka rya Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, risobanura ko abo muri EAC bazajya bifuza gukorera muri iki gihugu, bazajya bahabwa uruhushya rw’ubuntu.

Nk’uko iri teka rikomeza ribisobanura, umuturage usanzwe uzajya yifuza kujya gukorera muri Kenya azajya asabwa kwerekana gusa icyemeza ko ari umwenegihugu wo mu gihugu kiri muri uyu muryango.

Abakozi b’inzego mpuzamahanga, ba Ambasade bo bazajya bahabwa uruhushya rw’umwihariko, n’iyo baba ari abenegihugu ba EAC. Bazajya barwishyurira amadolari y’Amerika 200 yiyongeraho ikindi kiguzi cy’amadolari 1000 ku mwaka.

Impuguke zikorera imiryango ishingiye ku madini n’iy’abagiraneza na bo bazajya bishyura Leta ya Kenya amadolari ya Amerika 7736,9 ku ruhushya bazajya bahabwa.

Mudavadi yatangarije ikinyamakuru The East African ko Kenya ishaka kuba igihugu giha Abanyafurika bose amahirwe yo kugikoreramo. Yasobanuye ko uru ruhushya rw’ubuntu ruri mu ntumbero y’ibihugu bya EAC yo kwishyira hamwe.

Yagize ati “Uganda na Tanzania bimaze igihe bibikora, biri imbere yacu. Ubu rero ntabwo tucyishyuza abenegihugu bo muri EAC. Twese hamwe twafashe iyo ngamba.”

EAC igizwe n’ibihugu umunani. Sudani y’Epfo, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Somalia byo biracyishyuza abo muri uyu muryango babikoreramo.

Musalia Mudavadi yasobanuye ko iri teka rishingiye ku cyemezo cya EAC cyo kwishyira hamwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .