00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Umusaza yasanzwe ku nzira yapfuye, yanatwawe bimwe mu bice by’umubiri

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 21 February 2025 saa 11:49
Yasuwe :

Ngirababyeyi Aimable w’imyaka 68, wo mu Mudugudu wa Mataba Nord, Akagari ka Jenda, Umurenge wa Mugina, mu Karere ka Kamonyi, yasanzwe ku nzira yapfuye aho bikekwa ko yishwe, ndetse banamutwaye bimwe mu bice by’umubiri.

Ni inkuru yamenyekanye ku wa 21 Gashyantare 2025, ubwo hagaragaraga umurambo w’umugabo, aho byagaragaye ko abamwishe, bakase isura ye n’ikiganza bakabijyana.

Abamubonye bwa mbere bavuze ko yari aryamye acuritse umutwe, yambaye umupira w’icyatsi n’ipantaro y’umweru, iruhande rwe hari inkweto za bodaboda zitukura.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yari yaciwe ukuboko kw’ibumoso, batwaye ikiganza cyako, ndetse bakanamukata mu isura, ibyo baheraho bakeka ko yaba yishwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemereye IGIHE iby’uru rupfu, avuga ko n’iperereza kuri uru rupfu ryatangiye, aho hari abantu bane batawe muri yombi bakekwaho uruhare muri uru rupfu.

Ati ”Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Remera Rukoma gusuzumwa. Polisi yafashe abagabo bane bakekwa kugira uruhare mu rupfu rwe, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mugina, mu gihe iperereza rigikomeje.”

Mu Karere ka Kamonyi, hakomeje kumvikana inkuru z’ubugizi bwa nabi, ndetse n’ubu hari andi makuru IGIHE yamenye y’inka y’imbyeyi yari kumwe n’iyayo zasanzwe mu kiraro zatwitswe zose zigakongoka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .