00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Joseph Kabila yagaragaje ibiganiro by’Abanye-Congo nk’ipfundo ry’ibisubizo ku ntambara ziharambye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 March 2025 saa 09:05
Yasuwe :

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019 abona ko ingabo z’amahanga ziri mu Burasirazuba bw’iki gihugu zose zikwiye kuhava kugira ngo Abanye-Congo bikemurire ikibazo.

Mu kiganiro na NBC News yo muri Namibia, uyu munyapolitiki yasobanuye ko kugira ngo intambara ya Congo yatangiye mu 1996 irangire mu 2001, byasabye ko ingabo z’amahanga zaharwaniraga zitaha, hasigara iz’Umuryango w’Abibumbye.

Yavuze ko muri iki gihe, muri RDC hari kurwanira ingabo zirindwi zirimo abacanshuro ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irenga 100, agaragaza ko uru ruvange rudashobora gufasha Uburasirazuba bwa RDC kubona amahoro.

Ati “Urwo ruvange rurema ikibazo utakwifuza. Inama yanjye, niba hari uwayikenera kuri iki kibazo, ni ukuvugana n’Abanye-Congo, barakizi neza kubera ko bari basanzwe bahari, buriye uwo musozi, bamanuka ibibaya, ni undi musozi wo kuzamuka.”

Kabila yagaragaje ko kugira ngo Abanye-Congo baganire, hakenewe ubushake bwa buri ruhande, hakabaho no guhana icyizere kugira ngo ibikorwa bizagere ku mahoro arambye.

Joseph Kabila yagaragaje ko uruvange rw'ingabo ziri mu burasirazuba bwa RDC nta mahoro rwazana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .