00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuryango Isôko-Europe wasabye Meya wa Paris guhagarika igitaramo Maître Gims yahuje n’Icyunamo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 18 March 2025 saa 07:30
Yasuwe :

Umuryango Isôko-Europe w’Abanye-Congo baba mu buhungiro ku Mugabane w’u Burayi wasabye ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris mu Bufaransa guhagarika igitaramo Maître Gims, ateganya ku munsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Maître Gims yagaragaje ko iki gitaramo giteganyijwe tariki ya 7 Mata 2025, kigamije gukusanya inkunga izagezwa ku bana bagizweho ingaruka n’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inyujijwe mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abana, UNICEF.

Hari impungenge ko iki gitaramo gishobora kwifashishwa mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitewe n’uko uyu muhanzi w’Umunye-Congo asanzwe yibasira Leta y’u Rwanda n’Abanyarwanda, cyane cyane kuva umubano warwo na RDC wazamba.

Mu ibaruwa umuyobozi wa Isôko-Europe, Irène Kamanzi, yandikiye Meya w’umujyi wa Paris, Anne Hidalgo, kuri uyu wa 18 Werurwe 2025, yasobanuye ko iki gitaramo cyiswe ‘Solidarité Congo’ kitari mu murongo w’umubano mwiza mu bantu.

Ati “Dutekereza ko iki gitaramo kirenga imbibi zo kubana mu mahoro, bityo turagira ngo tugaragaze akababaro n’impungenge z’ibishobora gukurikiraho. Amagambo ashobora kwica. Amateka ya vuba cyane yatweretse ko amagambo, iyo akoreshejwe nk’intwaro, yateza ibyago. Turibuka ko Radio Mille Collines yakwirakwizaga, ikanenyegeza Jenoside mu miyoboro yayo.”

Kamanzi yagaragaje ko ikigamijwe muri iki gitaramo ari ugutesha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nubwo cyitiriwe gufasha abana b’Abanye-Congo bagizweho ingaruka n’intambara.

Yibukije Meya Hidalgo ko tariki ya 7 Mata ari umunsi wemejwe na Leta y’u Bufaransa n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amusaba kutemera ko Paris iba urubuga rwo gusuzuguriraho abazize aya mateka.

Ati “Madamu Meya, ntimuzemere ko Paris, Umujyi w’Urumuri, ufite ubwiza bwahebuje abahanzi bakomeye; Appolinaire, Prévert, Aragon, uhinduka umujyi w’isoni. Ntimuzemere ko Paris iba umujyi uzaririmbirwamo indirimbo hejuru y’imva z’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Umuvugizi wa UNICEF, Nidhi Joshi, aherutse gutangaza ko iri shami rya Loni nta ruhare rifite mu mitegurire y’iki gitaramo, ateguza ko itariki yacyo nidahinduka, batazakira inkunga izakusanyirizwamo.

Yagize ati “Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko tariki ya 7 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. UNICEF yubaha uyu mwanzuro, ikemeza ishingiro ryawo. Itariki nidahinduka, UNICEF yabisobanuriye neza abateguye iki gitaramo ko tutazakira inkunga izakivamo.”

Kamanzi yasabye Meya Hidalgo ko iki gitaramo cyakwimurirwa ku yindi tariki idashobora guteza ibibazo, amusaba gukoresha umutimanama, agakora ibiri mu bubasha bwe.

Irène Kamanzi yasabye ko igitaramo cya Maître Gims cyimurirwa ku wundi munsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .