00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishyaka rya Tshisekedi ryarwanyije gahunda ya Kiliziya na Angilikani y’ibiganiro kuri M23

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 February 2025 saa 07:36
Yasuwe :

Ishyaka UDPS rya Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, ryarwanyije gahunda ya Kiliziya Gatolika n’Itorero Angilikani y’ibiganiro n’Abanye-Congo bavuga rikumvikana, ku ntambara y’ingabo z’iki gihugu n’umutwe wa M23.

Arikiyepisikopi Gatolika wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo, tariki ya 9 Gashyantare 2025 ubwo yakomozaga kuri iyi gahunda, yagaragaje ko Leta ya RDC ikwiye kwihutira kuganira na M23 kugira ngo bishakire ibisubizo ibibazo byatumye birwana.

Cardinal Ambongo yasobanuye ko nibiba ngombwa, abahagarariye Kiliziya Gatolika na Angilikani bazasanga M23 mu mujyi wa Goma, kandi ngo n’iyo yaba iba mu kwezi, bazayisangayo kuko icy’ingenzi ari amahoro.

UDPS kuri uyu wa 11 Gashyantare yatangaje ko imiryango ishingiye ku myemerere nka Kiliziya na Angilikani bidakwiye kwivanga mu bikorwa bya politiki, ahubwo ko bikwiye kwamamaza amahoro, byubaha ubutegetsi.

Yagize ati “UDPS/Tshisekedi iributsa ko amadini adafite umuhamagaro wo kujya muri gahunda za politiki mu cyimbo cy’inzego za Leta. Irasaba abayobozi b’amadini akorera mu gihugu gushyigikira ubutumwa bw’amahoro no kwishyira hamwe kw’abenegihugu, ikiruta byose bakubaha ubuyobozi bwa Leta bwemewe n’amategeko.”

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, na we yatangaje ko nubwo Perezida Tshisekedi yakiriye abahagarariye aya madini, atigeze abaha uburenganzira bwo gutangiza iyi gahunda.

Ati “Rwose bari gutangiza gahunda yabo igamije kugera ku gihango cy’amahoro, ariko nta wayisobanura, habe na Perezida wa Repubulika.”

Ibiganiro bigera ku mahoro byashyigikiwe n’abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC), ubwo bahuriraga i Dar es Salaam tariki ya 8 Gashyantare 2025. Banasabye ko imirwano n’ubushotoranyi bihagarara.

Cardinal Ambongo yagaragaje ko ashyigikiye ibiganiro bya M23 na Leta ya RDC
Ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi ryanenze gahunda ya Kiliziya na Angilikani y'ibiganiro kuri M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .