00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwacu Julienne yatangiye imirimo mishya muri Unity Club Intwararumuri

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 April 2025 saa 02:35
Yasuwe :

Uwacu Julienne wahoze ari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe itorero no guteza imbere umuco muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yashimiye Perezida Paul Kagame wamugiriye icyizere, akamuha inshingano zitandukanye.

Yatanze iri shimwe ku wa 4 Mata 2025 nyuma yo gutangira imirimo nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, asimbuye Régine Iyamuremye wamaze imyaka 20 muri izi nshingano, ubu akaba yatangiye ikiruhuko cy’izabukuru.

Uwacu yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mbashimiye mbikuye ku mutima amahirwe n’icyizere mwangiriye, mumpa inshingano zo gukorera igihugu cyacu mu nzego zitandukanye. Nishimiye gukomeza gutanga umusanzu wanjye, mparanira ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda.”

Yashimiye kandi Umuyobozi wa Unity Club Intwararumuri ari na we washinze uyu muryango, Madamu Jeannette Kagame, ku bw’icyizere yamugiriye, akamuha iyi nshingano. Yagaragaje ko atazatatira igihango cy’ubumwe n’ubudaheranwa.

Ati “Jeannette Kagame ndabashimira icyizere mwangiriye, mumpa inshingano zo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa. Guharanira ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda ni igihango ntazatatira. Nzubakira ku byagezweho, mfatanyije n’Intwararumuri, nzaharanira ko Unity Club ikomeza gutera imbere.”

Uwacu yahuye na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, amushimira umusanzu yatanze mu kubaka ubumwe n’ubudaheranwa. Uwacu na we yashimiye abo bakoranye muri MINUBUMWE kuba baramubereye umuryango mwiza.

Uwacu yakoze indi mirimo irimo uwa Visi Meya w’Akarere ka Nyabihu, aba umudepite, aba Minisitiri w’Umuco na Siporo n’Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubudaheranwa muri MINUBUMWE.

Uwacu Julienne yasimbuye Régine Iyamuremye muri Unity Club Intwararumuri
Minisitiri Bizimana yashimiye Uwacu imirimo yakoze muri MINUBUMWE

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .