00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umujyanama wa Trump yasuye ikigo cya Mutobo cyakira abahoze ari abarwanyi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 10 April 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyobowe n’umujyanama w’iki gihugu mu bijyanye n’ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, zasuye ikigo cya Mutobo cyakira kikanasubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi.

Iki kigo giherereye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze. Cyakira abiganjemo abahoze mu mitwe y’inyeshyamba irimo FDLR ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC), Nyirahabineza Valérie, yasobanuriye intumwa za Amerika gahunda y’u Rwanda yo gufasha abahoze ari abarwanyi barimo aba FDLR.

Nyirahabineza yashimangiye ko u Rwanda ruhora rwiteguye kwakira abavuye mu mitwe yitwaje intwaro irurwanya, kandi ko rwiyemeje gutanga umusanzu warwo kugira umutekano uboneke mu karere.

Mu kigo cya Mutobo harimo icyiciro cya 74 cy’abahoze ari abarwanyi ba FDLR baherutse kuva muri RDC. Boulos yumvise ubuhamya bwabo, ashimira u Rwanda uburyo rukomeje kubasubiza mu buzima busanzwe.

Ubufatanye n’ingabo za RDC

Abahoze ari abarwanyi bagize icyiciro cya 74 ni 79, biganjemo abahoze muri FDLR. Bamwe muri bo bafashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa RDC, abandi bahunga muri Mutarama 2025 ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma, hari n’abishyikirije u Rwanda nta mirwano ibaye.

U Rwanda rugaragariza umuryango mpuzamahanga ko ingabo za RDC zikomeje gukorana na FDLR, kandi ko byose bihuje umugambi wo kuruhungabanya, cyane ko byanabigerageje muri Werurwe, Gicurasi na Kamena 2022 ndetse na tariki ya 26 Mutarama 2025.

Nubwo hari ibihugu byirengagiza ubu bufatanye, raporo z’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zirabishimangira ndetse n’abahoze ari abarwanyi bari mu kigo cya Mutobo barabishimangira, cyane ko bamwe muri bo bahunze bambaye impuzankano y’ingabo za RDC.

Mu bemeza ko bakoranye n’ingabo za RDC harimo Major Ndayambaje Gilbert wamenyekanye muri FDLR nka Rafiki Castro. Ni umwe mu bari mu cyiciro cya 74 cy’abahoze ari abarwanyi bari mu kigo cya Mutobo.

Mu kiganiro na IGIHE, Maj Ndayambaje aherutse gusobanura ko ubu bufatanye buri mu masezerano Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wa RDC yagiranye na FDLR yo kumufasha gukura M23 ku butaka bwa RDC.

Yagize ati “Uyu Tshisekedi gufatanya na FDLR ni amasezerano bagiranye kuko yababwiye ngo nimudufasha gukura M23 ku butaka bwa Congo, nanjye izaba ari intangiriro yo kubaherekeza kugeza mugeze mu gihugu cyanyu.”

Maj Ndayambaje yakomeje ati “Tshilombo agiye ku butegetsi, FDLR yabaye ingabo, yabaye inshuti na we, bagirana igihango kugeza n’uyu munsi bakaba bafatanya muri ubwo buryo.”

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare yo muri Gicurasi 2024 igaragaza ko kuva yatangira imirimo mu 1997, yakiriye abahoze ari abarwanyi ndetse n’abasirikare barenga ibihumbi 72 ndetse n’ibihumbi 12 bo mu miryango yabo.

Mu cyiciro cya 73, iyi komisiyo yasezereye abarwanyi 47 muri Werurwe 2025 nyuma yo kubaha ubumenyi bwabafasha kugira uruhare mu iterambere ryabo bwite n’igihugu muri rusange.

Izi ntumwa zari ziyobowe n'umujyanama wa Amerika, Massad Boulos
Nyirahabineza yasobanuriye intumwa za Amerika uko u Rwanda rufasha abahoze ari abarwanyi binyuze muri Komisiyo abereye umuyobozi
Intumwa za Amerika zasobanuriwe imikorere ya Komisiyo y'igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare
Abahoze ari abarwanyi ba FDLR bahaye intumwa za Amerika ubuhamya
Icyiciro cya 74 kigizwe n'abahoze ari abarwanyi 79
Maj Ndayambaje Gilbert wamenyekanye muri FDLR nka Rafiki Castro ni umwe mu bagize icyiciro cya 74

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .