00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igihugu kibakeneyeho abarimu b’indangagaciro z’ubutwari - Senateri Prof. Karangwa abwira abo muri ILPD

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 15 March 2025 saa 12:33
Yasuwe :

Prof. Karangwa Chrysologue, yasabye urubyiruko rwiga muri Ishuri Rikuru Ryigisha Guteza Imbere Amategeko mu Rwanda (ILPD), guharanira kuba urugero rwiza rw’indangagaciro z’ubumuntu nk’izaranze Intwari z’u Rwanda, kugira ngo abandi bababona babigireho.

Ibi yabigarutseho ku wa 14 Werurwe 2025, mu kiganiro cyahawe abanyeshuri, abayobozi n’abakozi ba ILPD, cyagarukaga ku bigwi by’Intwari z’u Rwanda.

Prof. Karangwa yagarutse ku muco w’ubutwari wagiye uranga abakurambere baguye u Rwanda, anagera ku ntwari za vuba zakuye u Rwanda mu bukoroni n’izahagaritse amacakubiri na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yatanze urugero kuri Gen Maj Gisa Fred Rwigema, wanze ko Abanyarwanda bahera ishyanga, akiyemeza kubohora u Rwanda akahaburira n’ubuzima. Avuga ko ubutwari nyakuri bugera n’aho umuntu yiyibagirwa ubwe ari guharanira icyiza.

Ati “Ubwo navaga mu Bubiligi ndangije kubona impamyabushobozi y’ikirenga, naje mu gihugu cya Zaire [Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo] mu kazi kari na keza kanahemba amafaranga atubutse. Ariko igikomye cyose ngo ni ba Banyarwanda, ugahora wigura ngo ubeho.”

“Twajyaga mu kizamini cy’akazi, Umuzayirwa mwicaranye yatsindwa ati ’ariko wampaye amanota? Uzi ko aha ngaha atari iwanyu?’ Kuba impunzi biragatsinda n’Imana.”

Prof. Karangwa yakomeje avuga ko urubyiruko ruriho ubu rufite ibyiza byinshi byo kubakiraho, rukubaka ubumwe kandi rukimika indangagaciro zaranze Intwari z’u Rwanda.

Ati "Nkamwe muri mu rwego rw’ubutabera, ubutwari bwanyu bukenewe ni ugukora neza ibi mwiga. Igihugu gikeneye ko muba abarimu beza b’abaturage babareba binyuze mu migirire yanyu. Nimurangwa na ruswa cyangwa irari ry’amafaranga, muzaba mubaye ibigwari."

Abitabiriye iki kiganiro bishimiye amasomo bakuyemo. Umwe mu banyeshuri witwa Niyomugabo Thierry, yavuze ko yishimiye iki kiganiro, ndetse ko impanuro bavomyemo we na bagenzi be bazazikurikiza.

Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Muyoboke Karimunda Aimé, na we yasabye abanyeshuri n’umuryango mugari w’iki kigo, kudateshuka ku ndangagaciro bigishijwe muri iki kiganiro kivuga ku butwari.

Abayobozi bo muri ILPD na bo bari bitabiriye iki kiganiro
Niyomugabo Thierry yavuze ko bishimiye iki kiganiro, ndetse ko impanuro bavomyemo we na bagenzi be bazazikurikiza
Prof. Karangwa Chrysologue yasabya urubyiruko rwo muri ILPD kuzibukira ikibi cyose kuko ari byo biharura inzira igana ku butwari
Umusizi Tuyizere Emerance yavuze umuvugo urata ibigwi by'Intwari z'u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Muyoboke Karimunda Aimé, na we yasabye abanyeshuri n’umuryango mugari wa ILPD kudateshuka ku ndangagaciro zaranze intwari
Umuryango Mugari wa ILPD wari witabiriye ikiganiro kivuga ku Ntwari z'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .