00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu 19 bikoresha Igifaransa muri Afurika byasabwe gusenyera umugozi umwe mu guhashya Malaria

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 7 December 2024 saa 11:26
Yasuwe :

Abashakashatsi n’impuguke mu by’ubuzima baturutse mu bihugu 19 bikoresha ururimi rw’Igifaransa birimo n’u Rwanda, basabwe gusenyera umugozi umwe mu guhashya Malaria.

Ibyo byagaragarijwe mu mahugurwa y’iminsi itanu yahurije izo mpuguke muri Kaminuza ya INES Ruhengeri, akitabirwa n’abagera kuri 200 aho yasojwe ku wa 6 Ukuboza 2024.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya INES Ruhengeri, Fr. Dr. Jean Bosco Baribeshya, yavuze ko impamvu bari batoranyijwe ngo amahugurwa ahabera kuko basanzwe bigisha neza, ndetse hakanakorerwa ubushakashatsi.

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Mukashema Clarisse, yagaragaje ko kuba ibihugu byasenyera umugozi umwe yaba inzira nziza yo guhashya Malaria.

Ati “Hakagombye kubaho ubumwe bw’ibihugu bya Afurika, tukaganira mu bijyanye n’iterambere ryaduteza imbere mu kwirinda icyo cyorezo. Iyo igihugu kimwe gishyizeho ingamba ikindi ntikizishyireho bigira ingaruka zo kwanduzanya.”

Yemeza ko kuba ibihugu bihahirana, hakanewe ko bihuza n’imbaraga mu kurandura ibyorezo bitandukanye birimo na Malaria.

Yavuze ko ayo mahugurwa yateguwe mu buryo bwo guhuza imihindagurikire y’ibihe n’ubwiyongere bw’indwara z’ibyorezo, cyane ku burwayi bwa Malaria.

Ati “Ubundi twahuye turi ibihugu 19 bivuga ururimi rw’Igifaransa twasangiye ubunararibonye bwa bimwe mu bihugu bya Afurika, uburyo hari ubwiyongere bw’umubu utera Malaria. Twizemo ibijyanye no kumenya uko imihindagurikire y’ikirere igira uruhare mu bwiyongere bw’iyo ndwara ndetse n’uburyo dushobora kwirinda.”

Yakomeje ati “Umusaruro uzava muri ayo mahugurwa ni uburyo tugiye gukora ubukangurambaga mu baturage uburyo bwo kwirinda kandi n’amarariya igiye kugabanuka kandi tukayirandurana n’imizi yabwo hano mu Rwanda.”

Izo nzobere zigaragaza ko bimwe mu biri gutuma umubu utera Malaria ukomeje kwiyongera mu bihugu bya Afurika harimo ihindagurika ry’ikirere n’ubucucike bw’abaturage ngo hari ubwo bugira uruhare muri byo.

Mukashema yahishuye ko u Rwanda rwasangije ibindi bihugu ingamba rwashyizeho mu kugabanya ubwiyongere bw’indwara ya Malaria.

Umwe mu bahuguye abitabiriye ayo mahugurwa, Veronica Noseda, yasabye abayitabiriye ko mu gihe bazaba bageze mu bihugu byabo bazaharanira ko ishyirwa mu bikorwa ry’ibijyanye no guhuza ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe no kurwanya Malaria byahabwa umwanya w’ibanze.

Imibare yerekana ya RBC iheruka gutangaza yagaragaje ko hari kugaragara ubwiyongere budasanzwe bwa Malaria hirya no hino mu gihugu, aho muri Nzeri 2024 hagaragaye abarwayi ibihumbi 85, bigaragaza ko bikubye hafi kabiri ugereranyije n’abari babonetse mu kwezi nk’uku kwa 2023.

Umuyobozi Mukuru wa INES Ruhengeri, Padiri Baribeshya Jean Bosco, yashimye abitabiriye ayo mahugurwa, abasaba gushyira mu bikorwa ubumenyi bahawe
Umwe mu bahuguye abitabiriye ayo mahugurwa, Veronica Noseda, yasabye abayitabiriye ko mu gihe bazaba bageze mu bihugu byabo kuzerekana impinduka
Mukashema Clarisse, yagaragaje ko ibihugu bya Afurika bikwiye gushyira hamwe mu kurwanya Malaria
Ibihugu 19 byasabwe gusenyera umugozi umwe mu kurwanya ubwiyongere bwa Malaria
Abagera kuri 200 baturuka mu bihugu 19 bya Afurika bitabiriye ayo mahugurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .