00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Bishimiye kubona ibishashi by’urumuri biraswa ku Bunani ku nshuro ya mbere

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 January 2025 saa 02:24
Yasuwe :

Abatuye, abakorera mu mujyi wa Gicumbi n’abandi Ubunani bwahasanze, bishimiye kubona bwa mbere ibishashi by’urumuri nyuma yo kumara igihe babyumva i Kigali gusa cyangwa bikabasaba kujyayo kugira ngo babibone.

Mu Karere ka Gicumbi, ibi bishashi byaturikirijwe ku igorofa ry’itorero EAR, Diyosezi ya Byumba, riherereye mu mujyi hagati.

Ubwo bari bamaze kwinjira mu 2025, bamwe mu babonye ibi bishashi babwiye RBA ko banyuzwe cyane kuko batangiranye umwaka akanyamuneza.

Umwe yagize ati “Tubyakiriye neza cyane, ibi bintu birarenze. Hano i Gicumbi ibintu byagenze neza, dusoje umwaka tumeze neza cyane.”

Undi yagize ati “Umwaka tuwusoje amahoro kandi twishimiye kubona ibishashi by’urumuri hano. Turashima ubuyobozi bwiza bwabitugejejeho, nibukomereze aho.”

Aba baturage kandi bari bagifite n’akanyamuneza ko gutaramana n’umuhanzi Social Mula uvuka muri Gicumbi, wari wagiyeyo kwifatanya na bo gusoza no gutangira umwaka mushya.

Meya w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, yashimye abaturage uko bitwaye mu mwaka wa 2024, abasaba gukomeza intambwe ijya mbere mu iterambere.

Ati “Nk’uko byagarutsweho na Perezida Paul Kagame ku mugoroba w’ejo, tugomba kwishimira ibyo twagezeho dufatanyije. Twongeye kubibashimira ariko tubibutsa ko turi mu cyerekezo cy’imyaka itanu y’ibyo Umukuru w’Igihugu yemeye kugeza ku Banyarwanda.”

Yakomeje ati “Turi mu ngamba zitandukanye haba mu kubaka ubukungu, mu gukomeza imibereho myiza, gukomeza gushyigikira ubutabera ndetse n’imiyoborere. Ndagira ngo nkomeze mbasabe tuzajyane muri urwo rugamba.”

Guturitsa urufaya rw’urumuri ni igikorwa kiranga kwinjira mu mwaka mushya mu mijyi myinshi yo ku Isi, aho usanga mu cyahuje imbaga y’abayituye, bishimiye gutangirana undi mwaka.

Mu Rwanda, iki gikorwa cyatangiriye mu Mujyi wa Kigali mu bihe byashize. Ubu gikomeje kwagukira mu yindi mijyi yo mu ntara.

Ibishashi by'urumuri byaturikirijwe ku nyubako ya EAR, Diyosezi ya Byumba
Meya Nzabonimpa yasabye abaturage ubufatanye mu gukomeza guteza imbere akarere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .