00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Muhoozi yifuza ko Uganda ikuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 3 January 2025 saa 11:38
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina (AHA) ryashyizweho umukono na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu 2023, rikwiye gukurwaho mu 2026.

Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni, yatangarije ku rubuga nkoranyambaga X ko aherutse mu Buyapani, abo muri iki gihugu bamubaza impamvu muri Uganda bahohotera abaryamana bahuje ibitsina.

Yagize ati “Vuba nari mu Buyapani, abantu bambaza impamvu turi gutoteza abaryamana bahuje ibitsina. Naratunguwe cyane, birambabaza cyane. Abayapani ni abarwanyi nkatwe. Ndabubaha cyane. Nababajije uko turi kubahohotera, bambwira kuri AHA. Benegihugu, mureke dukureho iri tegeko rito. Inshuti zacu hirya no hino ku Isi ziri kutwumva nabi.”

Gen Muhoozi yatangaje ko abaryamana bahuje ibitsina bakeneye ubufasha bw’amasengesho kugira ngo bahinduke, aho kubashyiriraho itegeko ribahana.

Ati “Mu 2026, tuzakuraho itegeko rirwanya abaryamana bahuje ibitsina. Ni abarwayi ariko kubera Rurema yabaremye…ni iki twakora? Yewe n’ikiboko nticyakora. Tuzabasengera.”

Kuva Perezida Museveni yashyira umukono kuri iri tegeko muri Gicurasi 2023, ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi byasabye Uganda kurihagarika, ariko we yarabyanze, agaragaza ko adashobora kwemera ko ibikorwa bitari ibya kimuntu bihabwa intebe mu gihugu cyabo.

Gen Muhoozi yifuza ko Uganda ikuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .