00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri EAC na SADC bahuriye muri Tanzania

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 February 2025 saa 08:58
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, na bagenzi bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) ku wa 24 Gashyantare 2025 bahuriye mu nama y’umutekano i Dar es Salaam muri Tanzania.

Iyi nama ishingiye ku mwanzuro w’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC, yigaga ku buryo uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwabona amahoro n’umutekano birambye.

Zimwe mu ngingo z’ingenzi baganiriyeho harimo uko umwanzuro wo guhagarika imirwano n’ubushotoranyi hagati y’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23 wakubahirizwa.

Tariki ya 21 Gashyantare, abagaba bakuru b’ingabo zo muri EAC babanje guhurira i Nairobi muri Kenya, bafata imyanzuro bagejeje kuri bagenzi babo bo muri SADC.

Bagenzi babo bo muri SADC na bo bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 21 Gashyantare, bafata imyanzuro bagejeje kuri bagenzi babo bo muri EAC tariki ya 24 Gashyantare.

Abakuru b’ibihugu bo muri iyi miryango, ubwo bahuriraga i Dar es Salaam tariki ya 8 Gashyantare 2025, bateganyije ko abagaba bakuru b’ingabo bazakora raporo y’imyanzuro ihuriweho, bayishyikirize ba Minisitiri b’ingabo.

Nk’uko imyanzuro yo ku wa 8 Gashyantare ibivuga, hateganyijwe inama ihuza ba Minisitiri b’ingabo bo muri iyi miryango, yiga kuri raporo ihuriweho y’abagaba bakuru b’ingabo, ikanayemeza.

Ba Minisitiri b’ingabo nibahura, bakemeza iyi raporo, ni bwo hazamenyekana ikizakurikiraho mu burasirazuba bwa RDC.

Yari iyobowe n'abahagarariye abayobozi bakuru n'abanyamabanga bakuru ba EAC na SADC
Iyi nama yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania
Gen Mubarakh Muganga yarayitabiriye
Abagaba bakuru b'ingabo bafashe ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .