00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Maj Makenga n’abasirikare ba RDC bafashwe na M23 bemeranyije gukura Tshisekedi ku butegetsi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 February 2025 saa 08:54
Yasuwe :

Umuyobozi w’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa ARC/M23, Gen Maj Sultani Makenga, yasuye abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bafashwe n’abarwanyi babo, bemeranya kwifatanya mu gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Aba basirikare babarirwa mu magana bari gutorezwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye muri teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Basuwe na Gen Maj Makenga tariki 13 Gashyantare 2025.

Gen Maj Makenga yagaragarije aba basirikare ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bukomeje kwiba abaturage, kwica, gushimuta no kwibasira amoko, agaragaza ko ARC/M23 yiyemeje kubohora abaturage.

Ati “Ikintu cy’ingenzi ni imyitwarire myiza. Nta gisirikare kitagira imyitwarire myiza. Igisirikare cya ARC kiri gutabara igihugu, kiri gutabara Abanye-Congo. Dushaka kubaha amahugurwa y’igihe gito kugira ngo muhinduke, mutwiyungeho dutabare igihugu cyacu, dutabare Abanye-Congo.”

Gen Maj Makenga yabajije aba basirikare niba biteguye gutabara RDC n’Abanye-Congo, baramusubiza bati “Yego Afande”, abasaba kuzamura ibiganza nk’ikimenyetso cy’uko biteguye koko, bose babigenza batyo.

Yakomeje ati “Muzatozwa, nyuma y’aho mushyirwe mu mitwe y’igisirikare, dukureho ubu butegetsi bubi buriho. Ubutegetsi bwa Tshisekedi ni ngombwa ko tubukuraho kugira ngo abaturage babone amahoro, kugira ngo igihugu cyacu cyubahwe, tugire igisirikare cyiza.”

M23 yakomeje gusaba ubutegetsi bwa Tshisekedi kwemera kuganira na yo kugira ngo bafatanye gushakira uburasirazuba bwa RDC amahoro.

Ubwo Tshisekedi yari mu nama mpuzamahanga y’umutekano i Munich mu Budage ku wa 14 Gashyantare 2025, yasubiyemo ko ubutegetsi bwe butazaganira na M23 kuko ngo ni umutwe w’iterabwoba.

Abarwanyi ba M23 bagenzura ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru birimo umujyi wa Goma, n’ibyo muri Kivu y’Amajyepfo birimo santere ya Kalehe na Kavumu. Guhera ku gicamunsi cyo ku wa 14 Gashyantare, batangiye kwinjira mu mujyi wa Bukavu.

Gen Maj Makenga yasabye abasirikare bafashwe na M23 kwinjira mu rugamba rwo kubohora RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .