00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FARDC na Wazalendo byasubiranyemo, hapfa barindwi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 24 December 2024 saa 04:41
Yasuwe :

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2024 byarasaniye muri gurupoma ya Rusayo muri teritwari ya Nyiragongo, hapfa barindwi.

Umuyobozi wa sosiyete sivile ikorera muri Nyiragongo, Thierry Gasisiro, yagize ati “Tubabajwe bikomeye n’uko mu mirwano yabaye ejo hari abapfuye n’abakomeretse. Hapfuye barindwi, bane bakomeretswa n’amasasu, hanangirika byinshi.”

Umuyobozi wa Nyiragongo, Komiseri Malosa Mboma, yemeje ko koko habaye kurasana hagati y’impande zombi, gusa ni igikorwa kidakanganye.

Uyu mupolisi yagize ati “Namenye ko hakomeretse barindwi barimo bane twasize mu bitaro ejo. Kugeza ubu tuvugana, baracyavurirwa mu bitaro.”

Abasirikare ba RDC n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bifatanya mu rugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, ugenzura ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ku munsi barasaniyeho, ku ruhande rwa gurupoma ya Kibumba na bwo muri Nyiragongo haberaga imirwano y’ingabo za RDC n’abarwanyi ba M23.

Wazalendo basanzwe bifatanya n'ingabo za RDC mu kurwanya M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .