Nangaa na Bisimwa bagaragaye mu mujyi rwagati ndetse no ku cyambu cy’Ikiyaga cya Kivu, barinzwe n’abarwanyi ba M23, bakirwa n’abaturage benshi babitaga “Les Libérateurs”.
“Les Libérateurs” ni abantu bari mu rugamba rwo kubohora abandi. Ni izina rijyana n’intego y’abarwanyi ba AFC/M23 kuko bagaragaza ko bafite intego yo gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, bakabohora RDC.
Kuri Bisimwa, yasubiye iwabo kuko yavukiye mu mujyi wa Bukavu mu bwoko bw’Abashi. Byagaragaraga ko uyu munyapolitiki yari yishimiye gusubira ku ivuko kuko yari amaze imyaka myinshi atahagera.
M23 yafashe umujyi wa Bukavu tariki ya 16 Gashyantare 2025. Abarwanyi bayo basanze ihuriro ry’ingabo za RDC ryamaze guhunga, ryataye intwaro ndetse ryasize risahuye imitungo y’abaturage.
Uyu mutwe witwaje intwaro wari uherutse gufata n’umujyi wa Goma tariki ya 27 Mutarama 2025, nyuma yo guhangana bikomeye n’ingabo zirimo iz’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC), abacancuro n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!