Umuyobozi Mukuru w’iyi kaminuza, Audace Manirabona, tariki ya 16 Ukuboza 2024 yandikiye Minisitiri w’Uburezi, amumenyesha ko ahangayishikishijwe n’abarimu bakomeje gusezera. Kuva muri Mutarama kugeza ubwo, hari hamaze gusezera abarimu 118.
Muri iyi baruwa, Manirabona yabajije Minisitiri ati “Ni gute umuntu wabonye aho yahembwa amadolari 4000 ku kwezi yaguma aho ahembwa amadolari ari munsi ya 200? Ibi ntibikwiye. Abantu bagomba kumva ko iki kibazo kitazagira aho kitugeza.”
Mu kiganiro n’abanyamakuru giherutse kubera mu ntara ya Makamba, umunyamakuru Anicet Nduwayo wa Mashariki TV yabajije Ndikuriyo niba CNDD-FDD idatewe impungenge n’uko kugenda kw’aba barimu kuzasubiza inyuma uburezi n’ubushakashatsi mu Burundi.
Nduwayo yagize ati “Mwebwe ntimufite impungenge ko abahanga igihugu cyateguye, kigashyiramo n’umusanzu, bakaba bari kujya kwigisha mu zindi kaminuza mu bindi bihugu, ko cya cyerekezo kizagorana mu bijyanye n’ubushakashatsi ndetse no gutegura abanyeshuri bafite ubumenyi bukwiye?”
Ndikuriyo yasubije ko ikibazo cy’abakozi bajya gushaka akazi mu mahanga atari icy’abarimu gusa kuko hari n’abaganga bamaze imyaka myinshi bagenda, kandi ngo Komite nkuru ya CNDD-FDD yabonye ko hakwiye kwigishwa benshi kugira ngo hajye haboneka abagenda n’abasigara.
Ati “Erega si aba kaminuza gusa! N’abaganga baragiye. Tuvuga tuti ‘Twigishe benshi’. Iyo uvuze ngo twigishe benshi, hariho ibitegurwa. Murabizi ko hari benshi bari baragiye, benshi bari mu Rwanda, nyuma baragaruka. Erega iyo ikibazo kije, twiga uburyo tuzagishakira umuti.”
Abasesengura ikibazo cyo gusezera akazi muri Kaminuza y’u Burundi bagaragaza ko batewe impungenge n’uko imirimo yayo ishobora guhagarara mu gihe hataboneka igisubizo cyihuse. 118 basezeye mu 2024 biyongera kuri 43 basezeye mu 2023 na 27 basezeye mu 2022.
![](local/cache-vignettes/L1000xH770/audace_manirabona_abona_ko_umushahara_w_abarimu_ba_kaminuza_ukwiye_kongerwa_kugira_ngo_badakomeza_kujya_gushakira_akazi_mu_mahanga-972a0.jpg?1736175186)
![](local/cache-vignettes/L1000xH817/ndikuriyo_yagaragaje_ko_amaboko_ya_bunyoni_ntacyo_yakora_abarundi_bose_batakora-2-c6080.jpg?1736175186)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!