00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byinshi ku ntwaro M23 yamburiye ihuriro ry’ingabo za RDC i Goma no mu nkengero (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 February 2025 saa 08:11
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ufite intwaro nyinshi kandi zigezweho wamburiye ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Goma no mu nkengero zawo, ubwo wafataga ibi bice mu mpera za Mutarama 2025.

Izi ntwaro zigaragara ku kibuga cy’indege cya Goma, ahahoze ikigo cy’ingabo zidasanzwe za RDC muri Kirimanyoka, ahazwi nka Camp de Tir Armageddon hatorezwaga ingabo z’iki gihugu zo muri batayo ‘Satan II’, Mubambiro n’ahandi hatandukanye.

Colonel mu ngabo z’u Rwanda uri mu kiruhuko aherutse gutangariza ikinyamakuru The New Times ko izi ntwaro zitari izo kwifashishwa mu guhangana na M23, ahubwo ko zagombaga kwifashishwa mu gutera u Rwanda.

Uyu musirikare yagize ati “Izi ntwaro ntabwo zari izo kurasa umutwe witwaje intwaro muto nka M23, zakusanyijwe kugira ngo zifashishwe mu gutera u Rwanda.”

Amakuru y’uyu musirikare ashimangira umugambi wa Perezida Félix Tshisekedi wo gutera u Rwanda nk’uko yabivugiye mu ruhame kenshi. Ibi kandi byanagaragariye mu bimenyetso byahatuwe ahabaga ibi bigo bya gisirikare.

Bivugwa ko kuva mu Ugushyingo 2021, Tshisekedi yashoye byibura miliyari enye z’amadolari ya Amerika mu kugura ibikoresho bya gisirikare n’ikoranabuhanga rigezweho, kugira ngo ahangane na M23.

Zimwe mu ntwaro zihambaye M23 yambuye ihuriro ry’ingabo za RDC ku kibuga cy’indege cya Goma harimo BM-21 Grad. Ni imbunda yakozwe n’Abasoviyete ifite iminwa 40 ishobora kurasa mu ntera y’ibilometero biri hagati ya 20 na 40.

BM-21 ni imbunda mbi cyane nk’uko byemezwa n’abashinzwe umutekano kuko ishobora kurasa amakompora 40 mu masegonda 20 gusa, kandi aho aguye hose harashwanyagurika. Bisobanuye ko abo irasheho baba bafite amahirwe make yo kurokoka.

Kuri iki kibuga kandi hafatiwe imbunda ya 122mm RM-70 21 BM ifite ubushobozi bwo kurasa mu bilometero 20. Na yo ifite iminwa 40, kandi ishobora kurasa amakompora 40 mu mwanya muto.

Hanafatiwe imbunda ebyiri za 122mm D-30 zifite amapine, zifite ubushobozi bwo kuzenguruka impande zose. Zishobora kurasa mu ntera y’ibilometero biri hagati ya 15,4 na 21,9.

M23 yafashe imbunda zitandukanye zishobora guhangana n’ibitero by’indege ndetse n’amasasu yazo kandi menshi. Izo zirimo 107 Katyusha, mortiers za 120mm, 30mm, na 20mm.

Ku kibuga cy’indege cya Goma hafatiwe indege z’intambara zirimo Sukhoi-25 imwe mu zo Leta ya RDC yaguze mu Burusiya, ifite ibyangombwa byayo byose birimo imbunda ndetse n’amakompora.

Ingabo z’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) ziri mu bigo bya gisirikare nk’imfungwa z’intambara, aho zigenzurwa na M23. Zihafite intwaro zitandukanye zirimo ibifaru ndetse n’imbunda z’iminwa miremire.

Umwe mu barwanyi ba M23 yatangaje ko icyo bashaka ari uko ingabo za SADC ziva muri RDC, kandi ko niziramuka zigiye, zitazemererwa gutahana izi ntwaro. Bisobanuye ko M23 ishaka kuzisigarana.

Imirwano ikomereje mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kandi uko M23 ifata ibice, ni ko yambura ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC intwaro nyinshi. Urugero ni urwa Bukavu, umujyi wafashwe na M23 tariki ya 16 Gashyantare 2025.

Bimwe mu bifaru by'ihuriro ry'ingabo za RDC byaratwitswe
Indege z'ubwoko butandukanye zatawe ku kibuga cy'indege
Hari intwaro zatawe mu bubiko bwazo
M23 yasanze zimwe muri izi ntwaro zitarakoreshwa, zibitse mu buryo bwihariye
Ibigega by'ingabo za RDC na byo byarafashwe
Ku kibuga cy'indege cya Goma hafatiwe imbunda zishobora guhangana n'ibitero by'indege
Amasasu mashya yari afunze neza mu masanduku yayo
Amasasu ihuriro ry'ingabo za RDC zataye ni ay'ubwoko butandukanye
Iminwa y'imbunda nini mishyashya yari ikiri mu bubiko
Imbunda zafashwe zirimo izishyigikirwa mu modoka
Indege ya Sukhoi-25 yashwe na M23 ifite ibyangombwa byose
BM-21 Grad (hejuru iburyo) ni imwe mu ntwaro zikomeye ingabo za RDC zifashishaga muri iyi ntambara

Amafoto: The New Times


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .