00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera: Abarenga 700 barererwa muri Gasore Serge Foundation bahawe Noheli

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 15 December 2024 saa 06:12
Yasuwe :

Abana barenga 700 barererwa mu kigo cya Gasore Serge Foundation (GSF) kiri i Ntarama mu Karere ka Bugesera, bakorewe ibirori bibinjiza mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani basabwa gushyira imbere amasomo.

Ni ibirori byitabiriwe n’abiga kuva mu mashuri y’inshuke kugeza mu cyiciro rusange, ababyeyi babo, abafatanyabikorwa bacyo n’abayobozi batandukanye.

Ibyo birori biba buri mwaka mu rwego rwo kwifatanya n’abana kwishimira Noheli no gukurikiza indangagaciro za gikristu.

Icyo gikorwa cyaranzwe no kwerekana impano zitandukanye abo bana bifitemo, kubaha ubutumwa n’impanuro, gushimira abitwaye neza ndetse n’ubusabane.

Mbabazi Michelle Melody wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza yabwiye IGIHE ko kwifatanya nabo mu minsi mikuru bibasigira isomo rikomeye.

Yagize ati “Turabyishimira cyane kuba ikigo cyacu cya gikristu kituzirikana mu kwizihiza Noheli. Bituma dukura mu buzima bwa gikristu kandi tukamenya Yezu kuko atwigisha kwegera Imana no kugira umutima wiyoroshya. Ibyo bituma tugira imyitwarire myiza kandi biradufasha cyane mu buzima”.

Gasore Serge washinze GSF yavuze ko kwizihizanya n’abana iminsi mikuru by’umwihariko biba birenze ibirori no gusabana.

Ati “Iki kigo cyigwamo n’abana bava mu miryango itandukanye harimo iciriritse n’ifite ibibazo ariko hari n’abaturuka mu yishoboye.Twashatse ikintu cyaduhuza twese ariko tukagikuramo isomo tuza gusanga Noheli ari imwe mu bihuza abantu. Tuba twizihiza Ivuka rya Yezu ariko nanone ni impamvu nziza yo guheraho ubwira umwana kwitwara neza”.

Yakomeje ati “Ibyo Bibiliya yigisha ni uko imico ya Yezu yari nta makemwa cyane indangagaciro yo kwicisha bugufi. Kuki yavutse gikene avukira ahantu habi? Twasanze ibyo ubashije kubishyira mu mwana akabyumva byaba ari ikintu gikomeye.”

Umuyobozi w’Inama Njyanama ya GSF, Padiri Dr. Baribeshya Jean Bosco yibukije abari aho inkomoko y’umunsi mukuru wa Noheli n’uburyo uhuza abantu bose ariko ko bidakwiye kuwufata nk’umunsi w’ibirori gusa ahubwo ko ugomba kwigisha abantu urukundo no kwitangira abandi.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Iterambere ry’Umuryango no Kurengera Umwana muri MIGEPROF, Umutoni Aline, yashimye uruhare rw’abarezi b’abo bana mu mikurire no kubagira abo bazaba bo abibutsa gukomeza kwita ku ireme ry’uburezi.

Yagize ati “Gutanga uburere n’uburezi biboneye ni imwe muri gahunda za Leta ziganisha ku kugira wa muturage ufite ubumenyi n’ubushobozi kandi uzabasha gutanga ibyo yahawe mu gihe kizaza. Duharanire gukomeza gufatanya kubaka umwana ukura ku mubiri, mu bwenge, mu mbamutima no mu mibanire n’abandi”.

Umutoni kandi yashimye ubuhanga abo bana bagaragaza abasaba gukomeza gushyira ingufu mu masomo ngo bazabashe kuba ab’ingirakamaro ndetse ashimira Gasore Serge washinze ikigo gifatiye runini umuryango mugari.

Umutoni Aline yashimye uruhare rw’abarezi b’abo bana mu mikurire no kubagira abo bazaba bo abibutsa gukomeza kwita ku ireme ry’uburezi
Miss Mutesi Jolly ni umwe mu bitabiriye ibi birori anagenera ubutumwa abakobwa babyariye iwabo
Miss Mutesi Jolly yanatanze inkunga y'imashini 25 zidoda imyenda
Gosore Serge ashira Umuyobozi w'Ikigo
Abana bato bagaragaje ko bafite impano yo kubyina
Gasore Serge Foundation itanga serivisi zitandukanye zirimo n'uburezi
Gasore Serge yagaragaje ko kwizihizanya n'abana iminsi mikuru ari ingenzi cyane
Abayobozi barimo Meya w'Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi, n'abafatanyabikorwa ba GSF bitabiriye ibyo birori
Mu mpano abana bagaragaje harimo n'umukino wa Yezu
Abana kandi bahawe impano za Noheli
Ibi birori byari byitabiriwe n'abantu benshi
Abafatanyabikorwa ba Gasore Serge Foundation bashimiwe
Abana bishimiye gusangira n'abakuru iminsi mikuru, barabataramira
Umuyobozi w’Inama Njyanama ya GSF, Padiri Dr. Baribeshya Jean Bosco yibukije abantu ko Noheli ari umunsi ukwiriye kwigisha abantu urukundo aho kuba uw'ibirori gusa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .