00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brig Gen Sematama yavuze ku rupfu rwa Makanika n’ibitero bya drones Abanyamulenge bagabwaho

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 26 March 2025 saa 10:27
Yasuwe :

Umuyobozi w’umutwe wa Twirwaneho ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Brig Gen Charles Sematama, yavuze ko abamushinje uruhare mu rupfu rwa Brig Gen Michel Rukunda alias Makanika bari bagamije inyungu zabo kuko na we ubwe yatunguwe n’iyi nkuru y’incamugongo.

Brig Gen Makanika yiciwe mu gitero cya drone muri Gashyantare 2025 ubwo yari muri segiteri ya Ngandja muri teritwari ya Fizi, intara ya Kivu y’Amajyepfo. Yari umuyobozi wa Twirwaneho, asimburwa na Brig Gen. Sematama.

Mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro wa Mukirambi TV1, Brig Gen. Sematama yasobanuye ko ubwo yamenyaga ko Makanika yishwe, yababaye kandi ko yatunguwe kuko icyo gihe yari mu ruzinduko.

Ati “Ni ibintu bibabaje. Byarambabaje cyane kuko nari mu ruzinduko. Ni ibintu byadutunguye ariko nyine nta kindi natekereje, natekereje gukomeza gahunda twari dusanganywe cyangwa se twihaye.”

Ku bavuze ko Brig Gen Sematama ari we wohereje drone yishe Makanika, yasubije ati “Bariya bavuga ibyo bishakiye kubera inyungu zabo baba bafite. Nanjye ngenda bavuze ko bampaye isomo, bavuga ko [Makanika] yandoze uburozi bukomeye, ari bwo ngiye kwivuza. None se byari byo?”

Nyuma y’urupfu rwa Brig Gen. Makanika, ingabo za RDC zagabye ibitero byinshi bya drones mu gace ka Minembwe kiganjemo Abanyamulenge, zangiza ikibuga cy’indege cyaho.

Me Moïse Nyarugabo wabaye umudepite n’umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC yatabarije abatuye muri Minembwe, asaba ubutegetsi bw’iki gihugu guhagarika ibi bitero ariko ntacyo bwabikozeho.

Brig Gen. Sematama yavuze ko Leta ya RDC ishaka kwica abatuye muri Minembwe, ifatanyije n’Abanyamulenge bene wabo. Ni mu gihe Umunyamulenge Lt Gen. Pacifique Masunzu ayobora intara ya 3 y’igisirikare irimo Kivu y’Amajyepfo.

Ati “Ni ya ntego Leta ifite yo kwica abaturage. Bigaragaza ko bikorwa na bene wacu kubera ko iyi zone itarahabwa bene wacu cyangwa se akarere bariya bakoramo, ibitero by’indege byari bitaraba Minembwe. Guhera ku muyobozi, twari tutarabona drones igera mu Minembwe, ikora biriya bintu.”

Uyu murwanyi yasobanuye ko kuva abarwanyi ba Twirwaneho biyunga ku ihuriro AFC rimo umutwe witwaje intwaro wa M23, batagifite ubutumwa bwo kurinda abaturage gusa, ahubwo ko bazajya banagaba ibitero ku ngabo za Leta.

Brig Gen Michel Rukunda wamenyekanye nka Makanika yishwe muri Gashyantare
Brig Gen Sematama ni we wasimbuye Makanika ku buyobozi bwa Twirwaneho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .