00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brig Gen Byamungu wa M23 yasabye Denise Tshisekedi kuburira umugabo we

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 February 2025 saa 12:21
Yasuwe :

Umuyobozi wungirije w’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23, Brig Gen Bernard Byamungu, yasabye umugore wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru, kuburira umugabo we ukomeje kohereza intwaro mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Nyuma yo kwinjira mu Mujyi wa Bukavu, Brig Gen Byamungu yakoresheje abaturage inama, ababwira ko Tshisekedi yahaye abana intwaro kugira ngo bahungabanye umutekano, yibutsa ko icyo ari icyaha cyibasira inyokomuntu.

Brig Gen Byamungu yasobanuye ko Tshisekedi yafashe icyemezo cyo gutanga izi ntwaro ubwo yabonaga ko abasirikare b’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje gutsindwa intambara bahanganyemo na M23.

Yagize ati “Batsinzwe intambara, baha abana intwaro. Icyo ni icyaha cyibasira inyokomuntu. Mushiki wacu Nyakeru na we abifitemo uruhare. Mu gihe ari kumwe n’umugabo we Tshisekedi, kubera iki atamubwira ati ‘izi ntwaro utanga zizateza ibibazo?’ Mushiki wacu ni umwe mu bafite uruhare mu guteza umutekano muke, si mushiki wacu mwiza.”

Brig Gen Byamungu yagaragaje ko hari abasirikare ba RDC n’abo mu ihuriro rya Wazalendo bakiri mu mujyi wa Bukavu. Yasabye abaturage kubasaba ko babavira mu ngo, na bo bamusezeranya ko biteguye kubirukana.

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025 yatangaje ko “Abatuye muri Bukavu bari guhumeka umwuka wo kubohorwa". Ni ubutumwa bwaciye amarenga ko uyu mujyi wamaze gufatwa.

Brig Gen Byamungu yasobanuye ko guha abana intwaro ari icyaha
Denise Nyakeru yasabwe gusobanurira Tshisekedi ibibi byo guha abana intwaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .