Umujyi wa Kigali utangaje ibi nyuma y’igihe gito habayeho gahunda y’igerageza ry’ubwo buryo, aho muri Mutarama bisi zitwara abagenzi mu cyerekezo cya Nyanza-Downtown zahagurukaga nyuma y’iminota icumi, mu gihe cy’abagenzi benshi na nyuma y’iminota 15 mu gihe cy’abagenzi bagereranyije.
Abagenzi bakoresheje ubu buryo bavuga ko bwari bwiza, ndetse bibaye byiza bwagumaho kuko bwaboroherezaga muri gahunda zabo.
Abijuru Eric yagize ati “Imodoka zagendaga nyuma y’iminota runaka bigatuma tugera iyo tugiye ku gihe. Mudukorere ubuvugizi ku bafite ibigo bitwara abagenzi bongere badufashe tujye dutega tudategereje.”
Undi yagize ati “Iriya minota 10 yari myiza cyane kuko byatumaga umuntu adakererwa ku rugendo. Bigarutseho byaba ari byiza cyane, byakongera kudufasha kuko ubu turakererwa cyane.”
Umuyobozi w’ikigo cya Royal Express gitwara abagenzi kiri mu byatangiranye n’iryo gerageza, Ndabaganje Jules César, avuga ko ubwo buryo bwatanze umusaruro babona ari mwiza ariko ko bukwiye kunozwa neza hakagira amafaranga yiyongera, dore ko hari izindi ngendo ziyongeraho zitateganyijwe.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yabwiye RBA ko ubwo buryo buri kunozwa ku buryo buzaba bwatangiye gukora mu gihe kitarenze imyaka itanu iri imbere.
Ati “Gahunda ya NST 2 twatangiye muri uyu mwaka wa 2025, iteganya ko Umujyi wa Kigali uzaba ufite gahunda yo gutwara abagenzi ikoze neza. Bizafasha abadusura twebwe Abanyakigali n’abandi bahaza mu nama zitandukanye.”


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!