00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BAD yemereye u Rwanda miliyari 138 Frw yo guteza imbere serivisi yo gutwara abagenzi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 December 2024 saa 08:11
Yasuwe :

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD, yemereye Guverinoma y’u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 100 z’amadolari ya Amerika (miliyari 138,8 Frw) yo kuyifasha guteza imbere urwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa rusange mu mujyi wa Kigali.

Guverinoma y’u Rwanda ifite umushinga wo kuvugurura serivisi zo gutwara abantu n’ibintu muri Kigali, hagamijwe gukemura ibibazo abagenzi bahura na byo, birimo gutegereza imodoka umwanya munini.

Iki kibazo gituma bamwe mu bagenzi bafata icyemezo cyo gutega moto, bakishyura amafaranga menshi ugereranyije n’ayo bakabaye bishyura mu gihe bateze imodoka za rusange.

BAD yatangaje ko abatega moto bakabaye bagabanyuka, aho kwiyongera, kuko ari moto ari kimwe mu biteza impanuka nyinshi mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi.

Umuyobozi wa BAD mu Rwanda, Aïssa Touré Sarr, yagize ati “Iri shoramari rizafasha mu gukuraho ibibangamiye n’ibishobora kuzabangamira serivisi yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, rinaharure inzira igana ku gutwara abantu n’ibintu kurambye, kunoze kandi kugabanya imyuka ihumanya ikirere.”

Muri uyu mushinga kandi harimo gahunda yo kuvugurura ibikorwa remezo byifashishwa muri iyi serivisi nka za gare zitajyanye n’igihe na parikingi zo ku mihanda, aho abagenzi bazitegerereza.

Biteganyijwe ko aho abagenzi bategerereza imodoka no kuri za gare hazasakarwa kugira ngo batazajya banyagirwa, kandi hakazaba hatekaniye buri wese, by’umwihariko ababyeyi batwite, abonsa n’abafite ubumuga.

Ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu Rwanda mu 2022 rigaragaza ko kugeza muri uwo mwaka, Kigali yari ituwe na miliyoni 1,74. Iteganyamibare rigaragaza ko mu 2050, bashobora kuzaba bageze kuri miliyoni 3,8.

Guverinoma y'u Rwanda ifite umushinga wo kuvugurura serivisi yo gutwara abantu n'ibintu
Moto nyinshi ziri mu Mujyi wa Kigali zigira uruhare runini mu mpanuka zihabera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .