00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Andrew Mwenda yatangaje ko iyo aba ayobora Uganda, Dr. Besigye yari kuba yarapfuye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 February 2025 saa 04:34
Yasuwe :

Umunyamakuru Andrew Mwenda usanzwe ari inshuti y’umuryango wa Perezida Yoweri Museveni, yatangaje ko iyaba ayobora Uganda, umunyapolitiki Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi yari kuba yarapfuye.

Mu kiganiro mpaka cyatambutse kuri Acoli iTV kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025, Mwenda yatangaje ko afite ibimenyetso bihamya ko Dr. Besigye yari afite umugambi wo kwica Perezida Museveni, birimo amajwi.

Uyu munyamakuru yatangaje ko ubwo Dr. Besigye yafatirwaga i Nairobi mu Ugushyingo 2024, Perezida Museveni yashoboraga gusaba abasirikare bakamwicirayo, ariko ngo kubera ubumuntu ntiyabikoze.

Umunyapolitiki Ibrahim Ssemujju Nganda yavuze ko Perezida Museveni ari kugerageza gucecekesha abanyapolitiki batavuga rumwe na we nka Dr. Besigye, yifashishije iterabwoba no kubafunga.

Mwenda wari warakaye yasubije Ssemujju ati “Umuntu wanyu Besigye yateguraga kwica Museveni. Museveni ni ikiremwamuntu. Iyo mba ndi mu bubasha bwa Museveni, ntabwo nari kwemerera uriya mugabo gukomeza kubaho.”

Dr. Besigye akurikiranyweho ibyaha birimo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko no gushaka guhungabanya umutekano wa Uganda. Ni ibyaha bifitanye isano n’umugambi ashinjwa wo guhirika ubutegetsi bwa Museveni.

Uyu munyamakuru wabwiye Ssemujju ko Dr. Besigye yashakaga gukora ibinyuranyije n’amategeko, bityo ko na Perezida Museveni yashoboraga gukora ibinyuranyije na yo, akamwica mu ibanga.

Dr. Besigye akekwaho gushaka guhungabanya umutekano wa Uganda
Andrew Mwenda yatangaje ko Dr. Besigye yashakaga kwica Museveni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .