00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyihishe inyuma y’ibihano Canada yafatiye u Rwanda mu mboni za Ambasaderi Rwamucyo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 March 2025 saa 03:08
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Rwamucyo Ernest, yahishuye ko Canada yafatiye u Rwanda ibihano igamije kurengera inyungu ifite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku wa 3 Werurwe 2025, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Canada, yatangaje ko yahagaritse ubufatanye bushya bw’iki gihugu n’u Rwanda mu by’ubucuruzi, irushinja gutera inkunga M23.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yatangaje ko Canada ikwiye guterwa isoni no kugereka ku Rwanda ubugizi bwa nabi buvugwa mu burasirazuba bwa RDC, nyamara itabaza Leta ya RDC ibitero abasirikare bayo, FDLR na Wazalendo bamaze iminsi bagaba ku Banyamulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ambasaderi Rwamucyo kuri uyu wa 4 Werurwe yatangaje ko Canada yafatiye u Rwanda ibi bihano mu gihe umujyi wa Toronto uri kuberamo inama mpuzamahanga yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro, PDAC 2025.

Uyu mudipolomate yasobanuye ko iyi nama igamije kubungabunga inyungu Canada ifite mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC kandi ko itangazo ry’ibi bihano ryahuriranye n’uruzinduko rwa Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa RDC, Kizito Pakabomba, yagiriye i Toronto.

Yagize ati “Iri harabika ryabaye mu gihe hari kuba PDAC 2025, ni inama igamije kurengera inyungu nyinshi Canada ifite mu mabuye y’agaciro muri RDC. Rihuriranye no kugera i Toronto kwa Minisitiri wa RDC ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Kizito Pakabomba, urageza ijambo ku bitabira inama.”

Guverinoma y’u Rwanda isobanura ko ibihano bidashobora gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC, ikagaragaza ko imyanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika ari yo yabonekamo ibisubizo.

Muri iyi myanzuro harimo gusaba impande zishyamiraniye mu burasirazuba bwa RDC guhagarika imirwano n’ubushotoranyi ndetse ko haba imishyikirano hagati ya Leta ya RDC n’imitwe irimo M23.

Ambasaderi Rwamucyo yagaragaje ko Canada yafatiye u Rwanda ibihano, igamije kurengera inyungu ifite mu mabuye y'agaciro yo muri RDC
Itangazo rya Guverinoma ya Canada ryahuriranye n'uruzinduko rwa Minisitiri Pakabomba i Toronto

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .