00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi Fahrenholtz ntiyemeranya n’u Burayi busaba M23 kuva mu bice yafashe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 March 2025 saa 09:56
Yasuwe :

Peter Fahrenholtz wabaye Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda kuva mu 2012 kugeza mu 2016 yagaragaje ko atemeranya n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) wasabye ko umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wava mu bice ugenzura.

Ni ubutumwa yatangiye ku rubuga rwa X kuri uyu wa 11 Werurwe 2025, asubiza Visi Perezida wa Komisiyo ya EU ushinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano, Kaja Kallas.

Kallas yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, mu gitondo cyo ku wa 10 Werurwe, baganira ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC.

Visi Perezida wa Komisiyo ya EU yatangaje ko yashimangiye ko “M23 igomba kubaha ubusugire bw’ubutaka bwa RDC, igahagarika kwagura ibirindiro, ikava mu bice igenzura” kandi ngo u Rwanda na RDC bigomba gusubira ku meza y’ibiganiro.

M23 yasobanuye kenshi ko idateze kuva mu bice igenzura kuko abarwanyi bayo ari Abanye-Congo, bityo ko ahantu hose bari ari iwabo. Ibyo byashimangiwe na Ambasaderi Fahrenholtz ubwo yasubizaga Kallas.

Ambasaderi Fahrenholtz yagize ati “M23 si Abanye-Congo? Ese muri RDC ntihabaga abacanshuro b’Abanyaburayi babarwanya? Ni nde uzarinda ubwoko bw’abantu bake mu Burasirazuba bwa RDC?”

Minisitiri Nduhungirehe yabwiye Kallas ko intambara ikomeje mu Burasirazuba bwa RDC itatangijwe n’u Rwanda, bityo ko rutazemera kwikorezwa umutwaro w’imiyoborere mibi ya RDC n’umutekano wayo utabungabungwa.

Ambasaderi Fahrenholtz yagaragaje ko M23 ari Abanya-Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .