00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 yatangiye gutegura ibisasu biri mu kibuga cy’indege cya Goma

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 March 2025 saa 09:38
Yasuwe :

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangiye gutegura ibisasu biteze mu kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.

Nk’uko byatangajwe na radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) kuri uyu wa 28 Werurwe 2025, inzobere mu gutegura ibisasu ni zo ziri kwifashishwa kuri iki kibuga cy’indege.

Ni igikorwa gica amarenga ko iki kibuga cy’indege gishobora gufungurwa vuba kugira ngo cyorohereze imirimo abatanga serivisi z’ubutabazi zigenerwa abagizweho ingaruka n’imirwano mu burasirazuba bwa RDC.

Iki kibuga cy’indege cyafunzwe tariki ya 26 Mutarama 2025 ubwo umutwe witwaje intwaro wa M23 warwanaga n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC mbere yo gufata umujyi wa Goma.

Imiryango mpuzamahanga yasabye AFC/M23 gufungura iki kibuga cy’indege mu rwego rwo korohereza ibikorwa by’ubutabazi, ariko wasobanuye ko bitashoboka bitewe n’uko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryatezemo ibisasu.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, tariki ya 11 Gashyantare yagize ati “Ibibazo tekiniki birimo ibiturika bitarategurwa n’inzira y’indege yangiritse byabaye imbugamizi yo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma.”

AFC/M23 yagaragaje kandi ko umunara uyoborerwamo indege na wo wangijwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ubwo ryahungaga umujyi wa Goma, rinasiga rinyanyagijemo ibikoresho bya gisirikare birimo amakamyo, indege nto n’imbunda ziremereye.

Abarwanyi ba M23 bagenzura iki kibuga kuva muri Mutarama 2025
Iki kibuga kinyanyagiyemo amakamyo menshi yasizwe n'ihuriro ry'ingabo za RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .