Ibi biganiro bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, byateguwe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 17 Werurwe 2025 yatangaje ko iri huriro rishimira cyane Perezida Lourenço ku bwo kuba akomeje gushakira uburasirazuba bwa RDC amahoro ubutarambirwa.
Leta ya RDC na yo yemeje ko yitabira ibi biganiro. Abayihagararira barayoborwa na Minisitiri w’Ubwikorezi, wanabaye Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro wa MLC, Jean-Pierre Bemba.
Perezida Lourenço yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro nyuma yo kwakira Félix Tshisekedi uyobora RDC, tariki ya 11 Werurwe 2025.
Ni mu gihe AU yashimangiraga ko inzira ya politiki ari yo yonyine yahagarika intambara yo mu burasirazuba bwa RDC, nk’uko byemejwe n’abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC).

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!