00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abosifiye b’u Rwanda bari kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge muri RDC babaye baretse kujya i Goma

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 10 December 2024 saa 09:22
Yasuwe :

Abofisiye batatu mu ngabo z’u Rwanda bagombaga kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, babaye baretse kujya ku cyicaro cyarwo giherereye mu mujyi wa Goma.

Uru rwego ruvuguruye rwatangijwe ku mugaragaro n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga ba Angola, u Rwanda na RDC tariki ya 5 Ugushyingo 2024. Rugizwe n’abofisiye 18 bo muri Angola, batatu b’Abanyarwanda na batatu b’Abanye-Congo.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Rwamucyo Ernest, yaraye amenyesheje akanama kawo gashinzwe umutekano ko byari biteganyijwe ko aba bofisiye b’u Rwanda bajya i Goma muri RDC mu gitondo cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2024 kugira ngo batangire imirimo yabo, ariko umuyobozi w’uru rwego yabasabye kuba baretse.

Yagize ati “Ndagira ngo nsobanure ko itsinda ry’u Rwanda ryagombaga kwambuka mu gitondo cy’uyu munsi, ku wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2024, ariko umuyobozi w’uru rwego, Lt Gen João Massone, yabasabye kuba baretse. Ntabwo ari uko batashatse kujyayo, ahubwo bategereje amabwiriza yo kwambuka bazahabwa n’uyu muyobozi.”

Amakuru Ambasaderi Rwamucyo yatanze anyomoza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, wabwiye aka kanama ko u Rwanda rwabangamiye imikorere y’uru rwego kuko ngo rwanze kohereza aba bofisiye i Goma.

Minisitiri Kayikwamba yagize ati “Mu minsi 34 ishize, imikorere y’urwego rushinzwe ubugenzuzi yabangamiwe no kubura kw’inzobere z’u Rwanda, bitera gushidikanya ku bushake bwarwo bwo kubahiriza ibyo rwiyemeje mu biganiro bya Luanda.”

Ambasaderi Rwamucyo yasubije Minisitiri Kayikwamba ko u Rwanda rwiteguye kubahiriza ibyo rwiyemeje byose, ubwo intumwa zarwo zahuriraga n’iza RDC na Angola mu biganiro bya Luanda.

Uru rwego rufite icyicaro mu mujyi wa Goma rwatangijwe ku mugaragaro tariki ya 5 Ugushyingo
Minisitiri Kayikwamba, Olivier Nduhungirehe w'u Rwanda na Tete Antonio wa RDC ni bo batangije uru rwego
Abosifiye batatu b'u Rwanda ntibarajya i Goma gutangira imirimo kubera amabwiriza bahawe na Lt Gen Massone

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .