Nk’uko televiziyo ITV yo mu Bwongereza yabitangaje, aba bimukira badafite ibyangombwa bari batwaye n’ubwato buto 40. Barimo 396 binjiye hagati ya tariki 4 n’iya 6 Gicurasi 2024, baturutse mu Bufaransa.
Umuvugizi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe yatangaje ko u Bufaransa buri kugorwa no gukumira aba bimukira, kuko ababatwara bari kugerageza guhindura inzira, kugeza ubwo babinjiza mu Bwongereza.
Yagize ati “Imbogamizi n’urugomo Leta y’u Bufaransa iri guhura na byo biri kwiyongera kuko amabandi abatwara mu buryo butemewe ari guhindura inzira, ahunga Leta.”
Ibiro bishinzwe umutekano w’imbere byagaragaje ko kuva tariki ya 29 Mata 2024, abimukira 1048 bavaga mu Bufaransa berekeza mu Bwongereza, bakumiriwe.
Umuvugizi wabyo yagize ati “Umubare udakwiye w’abantu bakomeje kwambuka ugaragaza neza impamvu dukwiye kohereza indege za mbere mu Rwanda vuba cyane. Dukomeje gukorana na Polisi y’u Bufaransa iri guhura n’urugomo ku musenyi mu gihe ikumira ubutaruhuka izi ngendo zigoye, zitemewe kandi zitari ngombwa.”
Hashingiwe ku mibare y’ibi biro, abimukira badafite ibyangombwa bamaze kugera mu Bwongereza mu mwaka wa 2024 bamaze kugera ku 8.674.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!