00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare ba RDC bakomeje guhanganira na Wazalendo muri Uvira

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 26 February 2025 saa 12:17
Yasuwe :

Abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo bakomeje guhanganira muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Abasirikare ba RDC na Wazalendo basanzwe bifatanya mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, gusa umubano w’impande zombi wajemo igitotsi nyuma y’aho abarwanyi ba M23 bafashe umujyi wa Sake.

Byatangiye Wazalendo bagerageza gusubiza ku rugamba abasirikare ba RDC bahungiraga M23 mu ntara ya Tanganyika, abandi babasaba kubasigira intwaro kugira ngo bazifashishe barwana na M23.

Umuyobozi ushinzwe ubuvuzi muri Uvira, Dr Mpanzu Nimi, yatangaje ko abapfiriye muri iyi mirwano barenga 20, mu gihe abakomeretse ari 60, gusa ntiyatandukanyije abasivili n’abasirikare.

Dr Nimi yagize ati “Mu mavuriro yose, twabaruye inkomere zirenga 60 n’abarenga 20 bishwe n’amasasu. Hari abo twakira mu bigo nderabuzima, tukabohereza mu bitaro bikuru bya Uvira.”

Umuryango Croix Rouge utabara imbabare wasobanuye ko muri Uvira yose, wakusanyije imirambo y’abantu 27 bapfiriye muri iyi mirwano, mu gihe abasirikare ba RDC na Wazalendo bakigaragara muri iyi teritwari.

Kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025, abasirikare ba RDC na Wazalendo bongeye kurwanira mu gace ka Sange, buri ruhande rushaka kugenzura ikigo cyahozemo ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Umwe mu bashinzwe ibikorwa by’ubutabazi yatangarije ikinyamakuru Actualité ati “Intandaro y’imirwano ya Wazalendo na FARDC ni uko bashakaga gusubira mu kigo cya MONUSCO ubu kigenzurwa na Wazalendo.”

Yakomeje ati “Wazalendo bangiye FARDC kugenzura ikigo cyahoze ari icya MONUSCO mu gace ka Mugenyi 2 mu mujyi wa Sange. Ibyo Wazalendo ntibishaka.”

Imirwano yabereye muri Sange yapfiriyemo abasirikare barindwi ba RDC ndetse n’umurwanyi umwe wa Wazalendo.

Umubano wa Wazalendo n'ingabo za RDC wajemo igitotsi, batangira guhangana
Iyi mirwano imaze gupfiramo abarenga 30

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .