00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abashaka kubashyiramo amacakubiri mubiyame - Minisitiri Dr. Bizimana abwira urubyiruko

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 21 February 2025 saa 09:38
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yashishikarije urubyiruko kwirinda urwango n’amacakubiri, bagafatanya bagatezanya imbere, kuko bahuzwa no kuba ari Abanyarwanda, kandi bose bakaba bavuga Ikinyarwanda.

Uru rubyiruko rwahanuwe rwari rwitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire wizihizwaga ku nshuro ya 22 mu Rwanda, wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Twige, tunoze Ikinyarwanda, ururimi rudubuza.”

Ni igikorwa cyabaye ku wa 21 Gashyantare 2025 kibera mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, muri TTC de La Salle Byumba.

Minisitiri Dr. Bizimana yagaragaje ko urubyiruko rudakwiriye guha urwaho abashaka kubacamo ibice n’ibindi bishingiye ku macakubiri, agaragaza ko bakwiriye kunga ubumwe, na cyane ko bose ari Abanyarwanda kandi bakaba bahuzwa n’Ikinyarwanda.

Ati “Nihaza n’abashaka kubashyiramo amacakubiri mubiyame.”

Ibijyanye no kwirinda amacakubiri kandi byagarutsweho na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, wavuze ko intara ayoboye yagiye ibamo ibibazo byo kwironda, yibutsa abantu ko ibyo bidakwiriye kuko ikintu cya mbere gihuza Abanyarwanda ari uko bavuga ururimi rumwe.

Ati “Iyi ntara yagiye ibamo kwironda biturutse ku bikorwa bimwe birimo gushinga ibimina biheza, kwironda mu madini, n’ingebitekerezo [...] uyu munsi dukwiriye kongera guha agaciro ururimi rwacu kuko arirwo ruduhuza. Tukarenga ibyo byose.”

Aba bayobozi kandi bahwituye urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda nkana rwumva ko kuba umusirimu ari ukuvuga Ikinyarwanda bakigoretse cyangwa bakavanga indimi, bagaragaza ko icyo ari kimwe mu byatuma gikendera mu gihe byaba bikomeje.

Minisitiri Dr. Bizimana ati “Urubyiruko rwumva ko kuvuga indimi z’amahanga ari ubusirimu, ariko si ko bimeze. Kwiga neza Ikinyarwanda ni ngombwa, bitabaye gutyo ururimi rurazima. Tuvuga ururimi rumwe mu Rwanda [...]. Kurusigasira ni ngombwa ndetse no kuruvuga neza. Ururimi ni kimwe mu biranga umuco.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yavuze ko mu Karere ka Gicumbi kizihirijwemo uyu munsi hari imirenge itandukanye ikora ku mipaka y’ibihugu bihana imbibi n’u Rwanda, ariko bikaba bitabuza abahatuye kuvuga no gusigasira Ikinyarwanda.

Ati “Mu Karere ka Gicumbi dufite imirenge iri ku mipaka, ivuga ururimi rwambukiranya imipaka. Ni ngombwa ko uyu munsi udufasha guteza imbere ururimi rwacu, tukarwitaho. Turukenera muri byinshi. Abanyeshuri ba hano ndabashishikariza kwiga Ikinyarwanda.”

Mu mwaka ushize kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire, byabaye ku wa 28 Gashyantare 2024, bibera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène yasabye urubyiruko kwiyama abashaka kurubibamo amacakubiri
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde yasabye abo muri iyi ntara gukomeza gusigasira Ikinyarwanda kikabahuza
Abitabiriye bibukijwe umuco gakondo w'Abanyarwanda
Abitabiriye ibirori rwo kwizihiza ururimi kavukire basusurukijwe n'abanyeshuri ba TTC De La Salle Byumba mu bintu bitandukanye byerekeye umuco gakondo
Abanyempano mu kuvuga imivugo bahawe rugari bagaragaza ubumenyi bwabo
Abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa yari yateguwe yerekeye Ikinyarwanda bahembwe
Minisitiri Dr. Bizimana Jean Damascène yahawe agacuma nka kimwe mu bikoresho byakoreshwaga mu Muco Nyarwanda cyane mu bihe byahise
Abitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi wahariwe ururimi kavukire baryohewe n'umuziki hifashishijwe inanga
Gloria Mukamabano wa RBA ni umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa
Intebe y'Inteko y'Umuco, Amb. Masozera Robert, ni umwe mu bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi wahariwe ururimi gakondo
Hatanzwe ibitabo mu rwego rwo gukomeza gusigasira umuco wo gusoma
Itorero Ikirezi rya TTC De La Salle ryasusurukije abari bitabiriye ibirori byo kwizihiza ururimi gakondo
Nzabonimpa Emmanuel uyobora akarere ka Gicumbi ubwo yahaga abitabiriye ibi birori byo kwizihiza ururimi gakondo, ikaze
Uwiringiyimana Patrick wahize abandi bavuga imivugo wiga mu mashuri yisumbuye yahawe umwanya avuga umuvugo we wagarukaga ku gusigasira Umuco Nyarwanda

Amafoto: Nzayisingiza Fidele


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .