00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye muri Sénégal basabwe gukomeza kurangwa no gushyira hamwe

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 3 February 2025 saa 11:06
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Karabaranga Jean Pierre, yasabye Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu gukomeza kurangwa no gushyira hamwe ndetse no kwimakaza indangagaciro Nyarwanda.

Yabigarutseho ku wa 1 Gashyantare 2025, ubwo Abanyarwanda batuye muri Sénégal ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bizihizaga Umunsi w’Intwari z’u Rwanda.

Muri ibyo birori, bibukijwe ko Intwari z’u Rwanda ziri mu byiciro bitatu ari byo Imanzi, Imena n’Ingenzi ndetse berekwa n’indangagaciro zaziranze.

Amb. Jean Pierre Karabaranga, yibukije abitabiriye ibyo birori ko iterambere ry’Igihugu n’isura nziza y’u Rwanda mu mahanga bishingiye ku buyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.

Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu, basabwe gukomeza kurangwa no gushyira hamwe no gushimangira indangagaciro z’ubutwari.

Yashimye kandi uburyo Abanyarwanda batuye muri Sénégal bitabira gahunda zose z’Igihugu zitegurwa na Ambasade n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu, by’umwihariko banazitoza abakiri bato ngo barusheho kuba intangarugero.

Ubutumwa bujyanye no kwihiza uwo munsi mukuru bwanajyanye n’ibikorwa bya siporo yitabiriwe n’ibyiciro binyuranye birimo abakuru n’abato.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Sénégal, Dr. Innocent Nizeyimana, yasabye abitabiriye ibyo birori gukomeza gusigasira umurage w’Intwari z’u Rwanda.

Yababwiye kandi ko bakwiye gushimangira ubumwe bw’Abanyarwanda n’umuco w’ubutwari kuko ari byo nkingi z’iterambere ry’igihugu kandi ari inshingano ya buri Munyarwanda wese.

Urubyiruko kandi rwagaragarijwe amateka n’agaciro k’ubutwari, hibandwa ku kumenya ibyiciro bigize Intwari z’u Rwanda, ibiranga intwari z’igihugu no ku masomo Abanyarwanda bakura ku ntwari zitangiye igihugu mu rugendo rwo gukomeza kubaka u Rwanda.

Muri ibyo birori kandi harimo imikino itandukanye irimo kugorora ingingo, imikino y’amaboko nka Volleyball na Basketball hamwe n’umupira w’amaguru yabereye ku Kibuga cy’Ikigo cya Gisirikare gishinzwe guteza imbere imikino cyitiriwe Idrisa Fall giherereye i Dakar.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Karabaranga Jean Pierre, yasabye Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu gukomeza kurangwa no gushyira hamwe
Abanyarwanda batuye muri Sénégal basabwe gukomeza kurangwa no gushyira hamwe
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Karabaranga Jean Pierre, aganira n'abitabiriye iki gikorwa
Urubyiruko rwagaragarijwe amateka y'intwari z'u Rwanda
Amb. Karabaranga yahuje urugwiro n'Abanyarwanda batuye muri Sénégal
Hari abahisemo gukina VolleyBall nk'uburyo bwo gusabana
Habayeho n'ibikorwa by'imyitozo ngororamubiri kuri abo baturage
Hakinwe imikino itandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .