Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Busingye Johnston, yagaragaje ko Yuhi Cesar wa Ambasaderi Cesar na Mugisha Blaine wa ACP Kuradupagase Augustin basoje amasomo tariki ya 11 Mata 2025.
Ambasaderi Busingye yagize ati “Mushimirwe cyane banyeshuri bacu ku rwego rwa ofisiye Mugisha Blaine na Yuhi Cesar. Muri ishema ry’igihugu. Tubifurije ishya n’ihirwe.”
Bigaragara ko abo mu miryango y’aba banyeshuri, ndetse na Ambasaderi Busingye, bitabiriye ibirori byabo byo gusoza amasomo.
Abanyarwanda basoje amasomo mu mashuri makuru y’igisirikare arimo irya Gako n’ayo mu mahanga nka Sandhurst binjira mu ngabo z’u Rwanda (RDF), bakambikwa ipeti rya Sous-Lieutenant.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!