00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Amerika biyemeje kugendera ku mahame yaranze intwari z’u Rwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 3 February 2025 saa 09:40
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri leta Zunze Ubumwe za Amerika biyemeje ko bazakomeza kugendera ku mahame yagiye aranga Intwari z’u Rwanda arimo ubumwe, ukuri n’ubutabera.

Ibyo babitangaje ku wa Gatandatu tariki ya 1 Gashyantare 2025 ubwo Abanyarwanda batuye i Washington DC, Marykand na Virginia bizihizaga Umunsi w’Intwari.

Mu kwizihiza uyu munsi, Abanyarwanda baganiriye ku ndangagaciro zaranze intwari z’igihugu n’uburyo bakomeza kwimakaza izi ndangagaciro mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, Mathilde Mukantabana, yibukije Abanyarwanda baba muri Amerika gukomeza urugamba rwo kubaka u Rwanda rwiza kandi rubereye bose, nk’uko intwari z’igihugu zabiharaniye.

Yagaragaje ko urugamba rwo kubaka u Rwanda atari urw’amasasu gusa, ahubwo rugaragarira no mu bikorwa bya buri munsi.

Yatanze urugero ku ruhare rw’Abanyarwanda baba mu mahanga, ashimangira ko bashobora gukomeza guteza imbere isura nziza y’igihugu, gusangiza abandi amakuru nyayo ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera, no guhangana n’abagoreka isura yarwo.

Umwe mu Banyarwanda batuye muri Amerika wanatanze ikiganiro ku butwari, Alex Kamurase, yavuze ko iterambere u Rwanda rugezeho ryashibutse ku bitanze bakariharanira bagendera ku ndangagaciro z’ubumwe, ukuri n’ubutabera.

Yavuze ko buri kiragano kigira ubutumwa bwacyo bityo ab’ubu bakwiye kwigira ku ntwari z’u Rwanda kugira ngo na bo buse ikivi.

Umunyeshuri muri Kaminuza Gatolika ya Amerika i Washington DC, Deborah Mbabazi, yavuze ko we na bagenzi be b’urubyiruko bakwiye gukoresha uburyo bafite bagakotanira igihugu cyabo.

Yavuze ko bumwe mu buryo bubegereye kandi buboroheye ari imbuga nkoranyambaga aho bashobora kuzikoresha mu kubaka isura y’igihugu no kugiteza imbere.

Ibi kandi abihurizaho na Patrick Uwimana na we uvuga ko imbuga nkoranyambaga ari umuyoboro bakoresha mu kubaka igihugu bagakomereza mu murongo w’intwari z’u Rwanda wo kubaka u Rwanda ruteye imbere, rutekanye kandi Abanyarwanda bifuza.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, Mathilde Mukantabana, yibukije Abanyarwanda baba muri Amerika gukomeza urugamba rwo kubaka u Rwanda
Abayobozi batandukanye barimo na Arthur Asiimwe muri Ambasade y'u Rwanda muri Amerika bitabiriye ibi birori
Ibirori byo kwizihiza umunsi w'Intwari byitabiriwe n'abantu batandukanye
Abitabiriye ibyo birori banyujijemo bacinya akadiho
Urubyiruko na rwo rwitabiriye ibyo birori, rwiyemeza kwigira ku ntwari z'u Rwanda
Akanyamuneza kari kose ku Banyarwanda batuye muri Amerika
Ubwo Alex Kamurase yatangaga ikiganiro cyagarutse ku butwari
Abitabiriye ibyo birori bakomeje gusabwa guharanira guteza imbere igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .