00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagabo bo mu Rwanda barenga 4000 bifungishije urubyaro burundu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 January 2025 saa 02:11
Yasuwe :

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, kigaragaza ko kugeza tariki ya 20 Ukuboza 2023, abagabo b’Abanyarwanda 4311 bari bamaze kwifungisha burundu muri gahunda yo kuboneza urubyaro.

Muri raporo ngarukamwaka y’ibarurishamibare yaherekeje umwaka wa 2024, RBC igaragaza ko abitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro hifashishijwe uburyo butandukanye bakomeje kwiyongera uko ibihe biha ibindi.

Mu mwaka wa 2023, abantu 1.961.388 bari muri gahunda yo kuboneza urubyaro, barimo 685.916 biyongreyeho muri uwo mwaka wonyine. Uburyo bwakoreshejwe cyane ni ubw’agapira kuko abagakoresha bageze ku 816.444 barimo 226.002 bashya.

Ku bagabo bifungishije burundu, bigaragara ko mu mwaka wa 2023 biyongereyeho 178. Icyakoze, ubu ni bwo buryo bwo kuboneza urubyaro bwagize ubwitabire buke ugereranyije n’ubundi.

Umuyobozi ushinzwe kuboneza urubyaro muri RBC, Serucaca Joël, asobanura ko ubwitabire buke bwo kwifungisha burundu buterwa n’imyumvire y’abatekereza ko bugabanya ubushake bw’imibonano mpuzabitsina.

Yagize ati “Ubu buryo bukorwa hafungwa imiyoborantanga ariko ntibikuraho ko umugabo akorana n’umugore we igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, bikagenda neza.”

“Ntabwo tubaga, icyo dukora dukata akantu gato, tugaca umuyoborantanga kandi ako kanya iyo bamaze kubikora umugabo afata inzira agataha iwe, ariko tumugira inama byibuze yo kubikora hashize iminsi irindwi.”

Iyi raporo igaragaza ko mu 2019, abagabo bari barifungishije bageze ku 3.506, bagera ku 3.650 ku 2020, bagera ku 3.817 mu 2021, naho mu 2022 bagera ku 4.229.

Abakoresheje ibinini byo kuboneza urubyaro mu 2023 bageze ku 338.113, abakoresheje udukingirizo bagera ku 45.970, abakoresheje uburyo bwa gakondo bagera ku 25.457.

Mu 2023, ababoneje urubyaro bifashishije urushinge (Injectable Depo-Provera) bageze ku 652.083, barimo 219.517 bashya batangiye gukoresha ubu buryo muri uwo mwaka.

RBC isobanura ko hafungwa imiyoborantanga y'abagabo ariko ko bitababuza gukora neza imibonano mpuzabitsina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .