00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaminisitiri bahagarariye ibihugu bya EAC bahuriye mu nama y’umutekano wa RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 March 2025 saa 03:12
Yasuwe :

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga n’ab’ingabo bo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bahuriye i Nairobi muri Kenya, mu nama yiga ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, ni we wayiyoboye. Bemeranyije ko hakwiye ubufatanye mu gukemura ibibangamiye umutekano.

Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko muri iyi nama, abaminisitiri bashyigikiye imyanzuro y’abagaba bakuru bo muri EAC n’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) irebana no guhagarika imirwano n’ubushotoranyi mu Burasirazuba bwa RDC ndetse n’ibikorwa by’ubutabazi.

Yasobanuye kandi ko baganiriye ku murongo w’ibiganiro bya politiki binyuze mu nzira ya Luanda-Nairobi birebana n’ikibazo cya RDC, bizitabirwa n’abahuza batatu: Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya na Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Inama y’abaminisitiri bo muri EAC ibanjirije izabahuza n’abo muri SADC tariki ya 17 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Harare muri Zimbabwe, aho bazaba baganira ku buryo intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC yahagarara.

Ni inama ishingira ku myanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ubwo bahuriraga i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 8 Gashyantare, irimo guhagarika imirwano n’ubushotoranyi hagati y’impande ziri mu ntambara muri RDC no korohereza ibikorwa by’ubutabazi.

Iyi nama yabanjirije izabera muri Zimbabwe mu cyumweru gitaha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .